umu amakuru- Umuhungu wa Zari yavuze ko ari umutinganyi biteza rwaserera (Video) | Umusingi

Umuhungu wa Zari yavuze ko ari umutinganyi biteza rwaserera (Video)

Please enter banners and links.

Amakuru yakwiriye hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga ko umuhungu wa Zari witwa Ssemwanga Raphael Junior

yabyaranye na Nyakwigendera  Ivan Ssemwanga ku mugaragaro yemeye ko ari umutinganyi.

Ku mashusho (Video)yagiranye n’abandi bantu yaganiraga nabo yavuze ko ari umutinganyi kandi ari ibintu bidasekeje ndetse avuga ko yumvaga mu mutima we atazi igihe azabishyira ku mugaragaro abantu bakabimenya ndetse bakabyakira.

Ikinyamakuru cyo muri Uganda galaxyfm.co.ug cyavuze ko Zari yagize icyo avuga ku muhungu wemeye ko ari umutinganyi.

Iki kinyamakuru kivuga ko Zari yavuze ko umuhungu we niba yemeye ko ari umutinganyi nk’umubyeyi agomba kumushyigikira kuko aribyo aba yahisemo gusa ahakana ko umuhungu we Atari umutinganyi.

Abantu benshi ntibaramenya ko ikibazo cy’ubutinganyi kimaze gukomera abahungu benshi n’abagabo ari abatinganyi ndetse n’abakobwa ku bakobwa bagenzi babo uretse ko abenshi babikora mu ibanga rikomeye.

Zari n’umuhungu we uvugwaho kuba umutinganyi

Uyu musore wa Zari akaba yavuze ko akunda abasore bagenzi be ndetse akunda gutingana ikintu cyatumye abantu bagira ubwoba cyane kubona umwana uba warakuriye mu buzima bwiza kuko nyina n’umukire cyane ariko ukabona umwana muto yinjira mu ngeso nk’izo bitangaje.

 

2,814 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.