Abanyamakuru babiri mu Rwanda bafunzwe bakekwaho “kwigomeka ku buyobozi
— June 26, 2020
Please enter banners and links.

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abanyamakuru babiri, Byansi Samuel Baker na Nshimyumukiza Janvier, bakurikiranweho icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi banga kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 no guhohotera abashinzwe kuyubahiriza.
Amakuru avuga ko bombi bafashwe kuri uyu wa Kane barenze ku isaha ya saa tatu z’ijoro, abantu bagomba batakiri mu nzira bagenda nk’uko biteganywa n’amabwiriza ya Guverinoma.
Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara na RIB yavuze ko “yafunze Byansi Samuel Baker na Nshimyumukiza Janvier, bombi ni abanyamakuru bakurikiranyweho icyaha cyo kwigomeka ku buyobozi banga kubahiriza amabwiriza yo kwirinda no gukumira ikwirakwiza ry’icyorezo cya #COVID-19 no guhohotera abashinzwe kuyubahiriza.”
Yakomeje iti “Ubu bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro mu gihe iperereza rikomeje.”
Ubu bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya #Kicukiro mu gihe iperereza rikomeje.
— Rwanda Investigation Bureau (@RIB_Rw) June 26, 2020
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane nibwo umunyamakuru Byansi yashyize ifoto kuri Twitter yambaye amapingu, yongeraho ko yafashe amafoto y’uburyo abapolisi bubahirizaga gahunda yo kuba nta bantu bakiri mu nzira nyuma ya saa tatu.
Polisi yahise isubiza ivuga ko yafashwe ari kumwe n’abandi bantu bari mu nzira bagenda muri Remera nyuma ya saa tatu z’ijoro.
Yakomeje iti “Wasabye ko ufatwa mu buryo bwihariye, ubwira nabi abapolisi ko uri umunyamakuru ndetse ko ku gufata batazi ibyo barimo”.
Polisi ivuga ko yakomeje kwitwara nabi ubwo bamusobanuriraga ko nta mpamvu yumvikana ituma adafatwa kimwe n’abandi, cyane ko bose bari barenze ku mabwiriza yashyizweho n’ubuyobozi.

Byansi Samuel Baker

Dear Baker,
You were stopped together with others with whom you were moving after 9 PM in Remera.
You tried to demand special treatment and attention by rudely telling off officers that you are a journalist and by stopping you they don’t know what they are doing.
— Rwanda National Police (@Rwandapolice) June 25, 2020
3,210 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply