Umupangayi yatwikiwe mu nzu nyuma yo kutishyura ubukode bw’ukwezi kwa 5
— June 9, 2020
Please enter banners and links.

Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda mu Karere (District)ka Masaka mu gace kitwa Ssenyange A Village, Nyendo-Ssenyange Division muri Masaka Municipality avuga ko umugabo wahoze ari umusirikare yatwitse inzu ye yarimo umupangayi utaramwishyura ukwezi kwa 5.
Umupangayi watwikiwe mu nzu yitwa Amos Ssubi,w’imyaka 23 akaba ubu ari mu bitaro bya Masaka Regional Referral Hospital aho ari kuvurwa ibikomere yatewe n’umuriro.
Kuri uyu munsi tariki 9 Kamena 2020 nibwo Polisi muri Masaka yatangaje ko irimo gukora iperereza ku kibazo cya nyiri inzu (LandLord) watwitse inzu kandi irimo umupangayi.
Umupangayi warokotse guhira mu nzu yatangarije ibinyamakuru byo muri Uganda nka monitor.co.ug ko nyiri inzu yahoraga amubwira ko natamwishyura ikirarane cy’ukwezi kwa 5 azamutwikira mu nzu.

Amos Ssubi ari mu bitaro
Amos Ssubi yagize ati « Nyiri inzu namubwiye ko ukwezi kwa 5 ntakoze akazi kubera gahunda ya guma mu rugo (lockdown) no kubera COVID-19 ko nzamwishyura buhoro buhoro nkuko Leta yabitangaje maze arambwira ngo iyi nzu ntabwo ari iya Perezida Museveni Museveni kandi ayo mabwiriza ye twe banyiri amazu ntabwo atureba kuko inzu n’izacu ».
Mbere y’uko Amas atwikirwa mu nzu yabanje kujya kumenyesha ubuyobozi amagambo nyiri inzu yamubwiraga ko azamutwikira mu nzu ariko ubuyobozi ntacyo bwakoze kugeza ubwo umugambi wa nyiri inzu awushyize mu bikorwa ariko Imana ikinga ukubuko Amaso umuriro ntiwamwica.
Amos yakomeje agira ati « Nagiye kumva ndyamye numva umuriro mwinshi mu nzu ndebye mbona inzu yose yafashwe mpitamo gushakisha uko nsohoka gukiza amagara yanjye nibwo nakomerekaga amaboko yombi ndetse n’ibirenge no kumunwa ».
Muhungu John-Kampala
3,303 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply