umu amakuru- Turashaka gushimira Cecile Kayirebwa akiri muzima kubera uruhare yagize mu gusigasira umuco Nyarwanda – Ntagengwa Omar | Umusingi

Turashaka gushimira Cecile Kayirebwa akiri muzima kubera uruhare yagize mu gusigasira umuco Nyarwanda – Ntagengwa Omar

Please enter banners and links.

Kuri Uyu munsi tariki 4 Werurwe 2020 mu Mugi wa Kigali muri Monaco Cafe habere ikiganiro n’abanyamakuru kigamije kwereka itangazamakuru abahanzi bazitabira igitaramo kiswe IKIRENGA MU BAHANZI kizajya kiba buri mwaka no gutanga amakuru aho imyeteguro igeze .

Iki gitaramo kizaba ku itari 8 uku kwezi kikazabera Camp Kigali kikazitabirwa n’abahanzi batandukanye barimo Man Martin ,Clarisse Karasira , Mariya Yohani ,Ceceli Kayirebwa ari nawe uyu mwaka uzahabwa ishimwe nk’umuhanzi wasigasiye umuco Nyarwanda abinyujije mu ndirimbo ze cyangwa mu bihangano bye n’abandi batandukanye.

Cecile Kayirebwa indirimbo ze imwe n’iyo yatangizaga gahunda za Televiziyo Rwanda kubera ko yari ikunzwe ,indi nayo yafunguraga Radio Muhabura ibyo abateguye iki gitaramo bakaba bavuga ko afite ibihangano byinshi byamamaje umuco Nyarwanda haba mu gihugu no muri Diaspora.

Servil Ntagengwa Omar ubanza ibumoso ,Clarisse Karasira ubanza iburyo

 

Servil Ntagengwa Omar uturuka muri Diaspora ufatanije na Bwiza Media Ltd  na ASBL na Umushanana gutegura iki gitaramo yagize ati “Mu by’ukuri abahanzi bakwirakwiza umuco tukaba twarahisemo Cecile Kayirebwa kuko yagize uruhare rukomeye kandi kuri uriya munsi twifuza kubwira Kayirebwa tuti warakoze akiriho kuko kubivuga atakiriho ntacyo byaba bimumariye ariko byibuze nawe azamenya ko abantu bakunda ibihangano bye kandi bamuzirikana”.

Abategura iki gitaramo ngarukamwaka bavuga ko bazajya bashimira abahanzi bakiriho n’abatakiriho kubera ko abatakiriho nabo ibihangano byabo byagize uruhare mu gusigasira umuco Nyarwanda.

Cecile Kayirebwa abajijwe uburyo yakiriye inkuru yo kumva ko azashimirwa kubera ibihangano bye byateje imbere umuco Nyarwanda yagize ati “Ni ukuri byaranshimishije cyane kandi nzakomeza guteza imbere umuco Nyarwanda mu gihe nzaba ngishoboye”.

Kayiranga Merchoire uhagarariye Bwiza Media Ltd yagize ati “Nta gihembo dufite twavuga tuzaha Cecile Kayirebwa ariko dufite icyo tuzamugenera ariko n’undi wese azahabwa umwanya wo kumushimira ufite inka yaba inka nyanka cyangwa iyo mu mufuka azayizana amushimire uwo mwanya w’abantu bazashaka kumushimira warateganyijwe”.

Umusingi1@gmail.com

3,031 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.