Harashidikanywa ku bivugwa n’Ibitaro by’i Ndera ko byasanze Barafinda ARWAYE
— March 4, 2020
Please enter banners and links.

Nyuma y’uko Barafinda Sekikubo Fred washakaga kwiyamamariza kuyobora igihugu mu matora y’umukuru w’Igihugu aheruka ajyanywe n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ku bitaro bivura indwara zo mu mutwe kugira ngo asuzumwe niba nta burwayi bwo mu mutwe afite, amakuru ari kuvugwa hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga avuga ko basanze arwaye.
Mu minsi yashize umuyobozi w’ibitaro bya Ndera Frère Nkubiri yavuze ko Barafinda ari mu bitaro byabo ariko ko nta makuru yadutangariza kuko bitemewe ko umuganga atangaza amakuru ku murwayi.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 04, Werurwe, 2020 umuvugizi w’Ubugenzacyaha Marie Michelle Umuhoza yabwiye ibinyamakuru birimo Umuseke ko ibisubizo bahawe n’abaganga byemeza ko Barafinda Sekikubo Fred arwaye.
Ati: “ Amakuru ibitaro bya Ndera byaduhaye ku byerekeye ubuzima bwo mutwe bwa Barafinda avuga ko basanze arwaye, ariko sinakubwira ngo arwaye iyi ndwara kuko biba bikiri ibanga…”
Abajijwe niba RIB yaba yakuyeho ibyo yakurikiranagaho Barafinda, Marie Michelle Umuhoza yavuze atagikurikiranwe.

Kugeza ubu ngo Barafinda ari kuvurwa mu bitaro bivura indwara zo mu mutwe biri mu murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo.
Gusa hari abantu bari kwibaza niba RIB ifite ububasha butwara umuntu mu bitaro bivura indwara zo mu mutwe kuko hari abavuga ko Urukiko arirwo rubifitiye ububasha .
Ikinyamakuru Umusingi kikaba kirimo gucukumbura iyi nkuru ku buryo mu nkuru itaha tuzabagezaho ufite ububasha bwo gutwara umuntu mu bitaro bivura indwara zo mu mutwe.
4,638 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Leave a reply