umu amakuru-  Umugabo wanjye namufashe akirana n’umushyitsi mu cyumba ashaka kumufata kungufu | Umusingi

Umushyi  Umugabo wanjye namufashe akirana n’umushyitsi mu cyumba ashaka kumufata kungufu

Please enter banners and links.

Umushyi

 

Umugabo nabanjijeho yananije urukundo nari mufitiye kubera ubusambanyi yari afite  kuko yazanye undi mugore bakora imibonano mpuzabitsina mu rugo  numva.

Nitwa Shakirah Namakula mba Mpereerwe ,uyu mugabo twamenyanye ari umwarimu mu ishuri Kawempe.

Uko namenyanye nawe abantu nibo bamundangiye sinari muzi hashize igihe turakundana dukora n’ubukwe nk’Abayisiramu baradushyingira.

Nabanje kugira ikizere ko tuzabana neza kuko twanyuze mu nzira nziza n’ababyeyi bacu bose babizi  baduha umugisha ndetse no mu Idini naho bizwi.

Icyantangaje nyuma y’igihe gito tumaze kubana  yatangiye kujya ampisha ingeso ze tutaranamarana umwaka.Uyu mugabo yari afite amayeri menshi yarabanje anshyira ku mpungenge zikomeye  ambwira ko ngomba kumubyarira umwana vuba namubwira ngo areke mbanze nitegure ndebe n’ingeso ze akabyanga.

Aho niho kutumvikana no guhora dushwana byatangiriye atangira kujya yitwara uko ashatse nta namubwira ngo acyumve ,yatangiye kujya aza murugo mu gitondo bukeye kandi atavuga .

Umugabo wanjye ntiyavugwaho nari naranamwibabariye cyane ari ukumubona aje gusa akongera akagenda.

Yabonye mwihoreye ntacyo muvugisha niko kumbwira ko agiye gushaka undi mugore tukaba babiri mu rugo,ibi nabanje kugirango ari ikinira ariko rimwe yavuye ku kazi azana n’umugore ambwira ko ari mugenzi we bakorana ku kazi amuzanye kugirango abe ahacumbitse igihe gito nk’iminsi ibiri cyangwa itatu ishuri rimushakira inzu ye yokubamo.

Twabanje kujya tumuraza muri Salon ariko nyuma tumushyira mu cyumba cyacu ariko hagati yuburiri bwacu n’ubwe hanyuraga umwenda hagati ariko umugabo wanjye yaje kunkura icyubahiro cyose agiha umushyitsi.

Uyu mugore niwe watangiye kujya ahaha ibiryo akagura sukari n’ibindi byose bikoreshwa mu rugo.

Njye nasigaje gukoropa mu nzu no kumesa imyenda mbese nari nahindutse umuboyi wabo.

Umunsi umwe narakangutse ari ninjoro ndebye ku ruhande aho umugabo aryama ndamubura ngiye kumva numva arimo gukora imibonano mpuzabitsina n’uwo mugore w’umushyitsi ndagenda ndabirebera n’amaso yanjye nabo barambona.

Yarambonye agira ubwoba cyane kuko nari mbifatiye amaso kuyandi nashatse icyo nabakorera ndakibura mpitamo kumwibabarira.

Umugabo yabonye ntacyo mubwiye ahitamo kumbeshya ko ashaka kujya I Burayi kwiga bityo ngo nsubire iwacu ave mu nzu y’ikigo cy’amashuri aho yigishaga kuko twacumbikaga mu mazu y’ikigo.Naramubwiye ampe amafaranga nikodeshereze inzu arayama nanjye ndamubisa .

Hanze yavugaga ko agiye kwiga ntaho yagiye ahubwo yagumye muri ya nzu na wa mugore nanjye nibonera undi mugabo uzi kunyitaho ,uzi gutanga urukundo nyarukundo ,namwe hiryo no hino mufite ikibazo nk’icyanjye nabagira inama yo kutiheba icyangombwa ni uko uba utarwaye naho ejo bucya bwitwa ejo ,ntago tuba tuzi icyo Imana idutegurira kutunyuza mu buzima bubi.

Byashyizwe mu Kinyarwanda na Muhungu John

7,693 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.