Mu kwezi ko kuzirikana ubumwe n’ubwiyunge NURC yatekereje no gusura Imfungwa n’abagororwa baganirizwe
— September 23, 2019
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa mbere tariki 23 Nzeli 2019 Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge NURC yashyize ahagaragara gahunda y’ukwezi k’ubumwe n’ubwiyunge, gahunda nshya izafasha Abanyarwanda kurushaho kwiyubaka, biyunze kandi bashyize hamwe.
Fidèle Ndayisaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge yavuze impamvu habayeho gahunda yo gutumiza abanyamakuru bakagirana ikiganiro ari uko hari gahunda nshya y’ukwezi kwahariwe kuzirikana ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda ndetse n’uburyo iyo gahunda izakorwa aho yavuze ko izagera no mu magereza y’uRwanda.
Fidèle Ndayisaba yagize ati “Iyi gahunda izagera no mu magereza yo mu Rwanda kuko naho hariyo Abanyarwanda dukwiye kwitaho bityo hakaba hari abandi dukorana badashingiye kuri Leta bazabidufashamo bamwe muzajya mu babona basuye zimwe muri za gereza zo mu Rwanda baganirize Imfungwa n’abagororwa kuri iyi gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge”.
Nk’uko byatangajwe na Fidèle Ndayisaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, iyi gahunda y’Ukwezi k’Ubumwe n’Ubwiyunge izakomeza kuba ngarukamwaka, hagamijwe kuzirikane ubwiyunge bw’Abanyarwanda.

Fidèle Ndayisaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge

Ndayisaba yavuze ko uku kwezi kuzajya gutangira ku itariki ya 01 Ukwakira , itariki yatoranyijwe kuko ifite amateka yihariye ku Rwanda. Fidele Ndayisaba ati: “Ni itariki yatangirijweho urugamba rwo kubohora u Rwanda, ubu igihugu kikaba gifite imiyoborere myiza kandi kigendera ku mategeko. Ukwezi k’ubumwe n’ubwiyunge kuzatangizwa hose mu gihugu kuri iyo tariki ya 01 Ukwakira, bikazakorerwa mu nteko y’abaturage”.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge yakomeje avuga ko hari ibikorwa byinshi biteganyijwe mu kwezi k’ubumwe n’ubwiyunge, birimo:
- Gutanga inyigisho zihariye ku bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda, zizatangirwa mu madini (amakoraniro y’abahuje imyemerere)
- Gukora ibiganiro bigamije komora ibikomere, gusaba imbabazi no kuzitanga.
- Gusura no kuremera abatishoboye bagizweho ingaruka n’amateka mabi igihugu cyanyuzemo,
- Gusura no kuganiriza abagororwa muri za Gereza nabo bakaganirizwa ku bumwe n’ubwiyunge
Fidèle Ndayisaba yatangaje ko mu gihugu hose hazatangizwa kandi club y’ubumwe n’ubwiyunge ku rwego rw’akagari.
Uyu mwaka wa 2019, insanganyamatsiko y’Ukwezi k’Ubumwe n’Ubwiyunge ni: “Imyaka 25 mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge: ubumwe bwacu amahitamo yacu”.
Muri iki kiganiro n’abanyamakuru habajijwe ibibazo byinshi harimo n’impamvu iki gikorwa cyateguwe ku rwego rw’Igihugu gusa kandi hari n’Abanyarwanda benshi baba hanze y’Igihugu aho Umunyamabanga nshingwabikorwa wa NURC Ndayisaba yavuze ko birimo gutekerezwaho uburyo byazajya bibera no mu bindi bihugu.
Gatera Stanley
3,916 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply