Uganda yazanye Abambasaderi 9 mu guhererekanya umurambo w’umuntu uherutse kuraswa
— May 27, 2019
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2019 nibwo Uganda yashyikirije u Rwanda umurambo w’umuturage warwo uherutse kurasirwa mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare witwa Kyerengye John Baptiste.
Mu baje gukurikirana uwo muhango ,Uganda yazanye Abambasaderi 9 ku buryo hari abibaza impamvu yo guhuruza ba Mbasaderi benshi gutyo .
Yapfuye arashwe ubwo we na bagenzi be bo muri Uganda, bambukanaga magendu mu Rwanda, bagashaka kurwanya inzego z’umutekano zari zigerageje kubakumira.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangaje ko mu ijoro ryo ku wa Gatanu, mu Murenge wa Tabagwe, Akarere ka Nyagatare, inzego z’umutekano z’u Rwanda zari mu bugenzuzi zahagaritse uwakekwagaho gutwara magendu wari kuri moto yambutse aturutse muri Uganda, anyuze ahantu hatemewe.
Ubwo yahagarikwaga n’abashinzwe umutekano yaranze ahubwo atera amahane, bagenzi be bafite imihoro bagaba igitero ku bashinzwe umutekano b’u Rwanda, ubwo bashakaga gusubira muri Uganda bahunga, inzego z’umutekano zirasamo babiri, umwe w’Umunyarwanda ahita apfa n’Umunya-Uganda aza gupfa nyuma, bagenzi babo babambukana muri Uganda.
Ibihugu byombi u Rwanda na Uganda hashize igihe havugwa umwuka mubi ndetse kugeza ubwo u Rwanda rwafunze imipaka babuza Abanyarwanda kongera gusubira muri icyo gihugu kubera abanyarwanda benshi bafungwaga abandi bakicwa urubozo nta mpamvu ariko ibi Uganda yo ikabihakana ko abafatwa baba banjiye mu buryo butemewe n’amategeko.





Uyu murambo aho kujyanwa aho igikorwa cyabereye, hakozwe ibilometero byinshi ugarurwa mu Rwanda ariko unyujijwe ku rundi ruhande, ku mupaka wa Gatuna mu Karere ka Gicumbi mu gihe akenshi ihererekanya nk’iri ribera aho igikorwa cyabereye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien, yabwiye abayobozi bari bahagarariye Uganda bayobowe na Depite Kansiime Caroline uhagarariye Rukiga, ko bashimishijwe no kuba bazanye uyu munyarwanda wapfuye ariko ko hari igikwiye gukorwa.
Yabwiye uruhande rwa Uganda ko buri gihugu gifite amategeko akigenga, kandi ko nta na kimwe gishobora kwemera ko hari abakwambuka umupaka mu buryo butemewe n’amategeko.
5,963 total views, 5 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply