Undi munyarwanda yafatiwe muri Uganda ahitwa Kiboga
— April 2, 2019
Please enter banners and links.

Ku munsi w’ejo tariki ya 1 Mata 2019 nibwo bimwe mu binyamakuru byo muri Uganda nka chimpreports byanditse inkuru bivuga ko hari umunyarwanda wafashwe nínzego zishinzwe umutekano ariko kugeza ubu zitaratangaza icyo uwo munyarwanda azira.
Uwafashwe akaba yitwa Daniel Karangwa w’imyaka 43 wakoraga akazi ku bwarimu akaba yakoraga ako kazi guhera mu mwaka wa 2000 akaba yari umwarimu ku ishuri ryitwa Rwamata Summit College.
Nkuko icyo gitangazamakuru dukesha iyi nkuru kibivuga ko Karangwa yafashwe Kuwa 26 Werurwe 2019 ubwo hazaga imodoka yo mu bwoko bwa Noah igapariko mu mbuga yíshuri hakavamo aba polisi bambaye gisiviri bakamutegeka kwinjira mu modoka bakamujyana kuri sitasiyo ya polisi ya Rwamata.
Uwatanze amakuru yavuze ko Karangwa agejejwe Rwamata kuri polisi yabajijwe ibibazo bitandukanye ariko birangiye mushyira mu modoka imujyana Kampala.
Umwe mu bo mu muryango wa Karangwa wamenyekanyeho izina rya Fred akaba yarabwiye itangazamakuru ko Polisi ya Uganda iatarababwira icyo Karangwa azira ahubwo ko bababwiye kujya kubaza ishami rya Polisi ryitwa Flying Squard.
Ikinyamakuru gikmeza kivuga ko ibi by’ifatwa rya Karangwa bibaye mu gihe Polisi ifite gahunda yo kuzenguruka igihugu cyose ahari abanyarwanda kugirango abadafite ibyangombwa na abinjiye muri icyo gihugu mu buryo butemewe bafatwa bagahanwa kuko polisi ngo itinya ko bashobora guhungabanya umutekano wígihugu cyabo.
Abanyarwanda benshi bagiye bafatirwa muri Uganda bagafungwa abandi bakicwa urubozo kimwe mu byatumye ibihugu byombi birebana ayingwe ku buryo byageze aho Abanyarwanda bagirwa inama yo kutongera kujya muri Uganda ndetse n’imipaka irafungwa.
Minisitiri wúbubanyi n’Amahanga wa Uganda Sam Kutesa akaba yaravuze ko Uganda ari igihugu gikinguye amarembo kuri buri bwoko bwose harimo nábanyarwanda ariko uzajya afatirwa mu byaha azajya ahanwa nkuko amategeko abiteganya.
Mu cyumweru gishize hakaba haravuzwe abagande 3 nabo bafatiwe mu Rwanda binjije ibicuruzwa mu buryo bwa bagendu bakaba barafatiwe mu Karere ka Nyagatare aho bari binjije ibitunguro mu Rwanda.
Muhungu John -Kampala
4,770 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply