umu amakuru- Kirehe: Urundi rubura rwangije byinshi | Umusingi

Kirehe: Urundi rubura rwangije byinshi

Please enter banners and links.

Amakuru ava mu murenge wa Nyamugari mu tugari twa Nyamugari na Kazizi muri Kirehe avuga ko ahagana guhera saa saba kugeza saa saba n’igice haguye imvura idasanzwe irimo urubura isiga isenye inzu nyinshi yangiza n’imyaka iri ku buso bunini. Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamugari Ananias Mwiteneza yabwiye Umuseke ko imibare y’agateganyo bafite yerekana ko hasenyutse inzu 26 zirindwi murizo zikaba ari izo muri Nyamugari izindi zikaba ari izo muri Kazizi.

Hangiritse kandi imyaka yari iteye ku buso bwa Hegitari zigera ku 1075 inyinshi zikaba ziri mu kibaya kiri muri Nyamugari.

Aha ngo hangiritse izigera kuri 640.

Mu kagari  ka Kazizi hangiritse ibisenge by’inzu 16 n’imyaka iri kuri hegitari 435

Mwiteneza avuga ko iyi ari imibare y’agateganyo kuko hakibarurwa ibyangiritse.

Avuga ko abaturage bafite inzu zangiritse bari bucumbikirwe na bagenzi babo kuko ngo ni ibintu bamenyereye.

Imibare yose nirangiza gukusanywa ngo bazitabaza Minisiteri y’ubutabazi n’izindi nzego bakorane mu kubonera abasenyewe isakaro rikomeye kuko imvura izagwa mu bihe biri imbere izaba ari nyinshi kurushaho.

Imyaka yangiritse ngo irimo ibishyimbo, amasaka n’imyumbati.

Taliki 10, Werurwe, 2018 hari umuyaga ukomeye wasenye inzu nyinshi wangiza n’imyaka muri mirenge ya Kirehe harimo na Nyamugari.

Icyo gihe umuyaga wasenye igisenge cy’ibiro by’Akagari ka Kankobwa mu murenge wa Mpanga hamwe n’igisenge cy’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwo mu murenge wa Nyarubuye mu kagari ka Nyabitare.

Imirenge yibasiwe cyane harimo Kigarama, Mpanga Kigina,  Nyamugari, Nyarubuye na Nasho.

Source:Umuseke.rw

 

3,939 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.