Gitifu Ntirenganya Gervais wahoze ayobora umurenge wa Rukara aravugwaho kunyereza ifumbire n’amatungo byabaturage.
— June 1, 2016
Please enter banners and links.

Gitifu Ntirenganya Gervaiswayoboraga Umurenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza arashibjwa n’umuturage witwa Byikwaso aho agira ati “ubu ngiye gusubira kuri Polisi ntange ikindi kirego kuko uriya mugabo wari Gitifu wa Rukara Ntirenganya hari imifuka 3 y’ifumbire yari yagenewe abaturage ariko yarayinyereje mu izina ryanjye kandi ntayo natwaye none batangiye kuyimbaza”.
Ni mu cyumweru gishize ubwo yabitangarije Ikinyamakuru Umusingi ko agiye kongera guhagurukira ikibazo afitanye na Ntirenganya kuko bari barigeze kureganaho ndetse akaba yaratweretse impapuro za polisi ariko akavuga ko yasiragijwe ageze aho araruha abivaho ariko ubu aho bigeze ati bigomba gukemuka.
Ikinyamakuru Umusingi cyabajije uyu Gitifu Ntirenganya Garvais ubu wahinduwe akajyanwa ahandi icyo avuga ku kibazo cy’ifumbire yajyanye mu izina rya Byikwaso ndetse n’icyo avuga kuba bagiye kumurega maze agira ati “uwo mugabo yaransebeje bihagije ahubwo nanjye ngiye kumurega kuko ibyo avuga byose arambeshyera uretse ibigori avuga ngo nagurishije kandi twari twarafatanije kubihingisha ntago yari gusarura ngo abitware byose kandi twarafatanije”.
Byikwaso kandi yabwiye Ikinyamakuru Umusingi ko uyu Ntirenganya hari n’ibikoresho byasigaye ubwo bubakaga urwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yatwaye akemeza ko babitwaye mu modoka ya Byikwaso ariko Gervais akabihakana byose.
Andi makuru ni uko bivugwa ko hari Ingurube ,Inkoko byabaga bigenewe abaturage na World Vission agakorana n’uwari uyihagarariye witwa Ruganze ,ubu Ruganzu akaba yarirukanywe ku kazi undi nawe bamuhindurira Umurenge kandi naho yavuye muri Kabarondo naho yahavuye agiranye ibibazo n’abapolisi.
Ikinyamakuru Umusingi cyabajije umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba IP Kayigi Emmanuel niba ikibazo cy’umuturage witwa Byikwaso utuye I Rukara yaregaga Gitifu wa Rukara Ntirenganya Gervais maze avuga ko icyo kibazo atakizi.
IP Kayigi Emmanuel yagize ati “icyo kibazo sinkizi ahubwo uwo muturage yaza tukamugira inama ndetse uwo gitifu byaba ngombwa agakurikiranwa”.
Ikibazo cy’abayobozi bamwe na bamwe bamara gukora amakosa mu kazi ndetse n’ibyaha bitandukanye aho kubahana bakabimurira ahandi naho bagerayo bikaba uko bakimurwa abaturage babona ari uburyo bwo gushyigikira ibyaha n’umuco wo kudahana.
Gatera Stanley
3,308 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply