Inkuru ibabaje :Dr Byamungu Livingstone n’abana be 4 bahitanywe n’impanuka ikomeye yabereye muri Uganda
— December 31, 2018
Please enter banners and links.

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 30 Ukuboza 2018 i Masaka ho mu gihugu cya Uganda ahitwa Lwengo habereye impanuka ikomeye yahitanye abantu batanu muri batandatu bari mu modoka yari itwaye umuryango wa Dr Byamungu Livingstone wari umwe mu bayobozi ba BRD nawe wahitanywe n’iyi mpanuka.
Ku rubuga rwe rwa Twitter, Umujyanama wa Ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya, Kim Kamasa, yavuze ko uyu mugore ari mubyara we, ndetse ko uyu muryango wari muri Uganda aho wari watashye ubukwe.
Ati “Abantu babiri nibo gusa babashije kurokoka. Uyu muryango kandi mu mezi make ashize wapfushije umukobwa wari imfura yabo. Ubuzima rimwe na rimwe burasharira.”
Uyu muryango wari ugizwe n’abana bane barimo babiri b’impanga ndetse na Dr Byamungu Livingstone kimwe n’umufasha we Mukagatare Dorcas uyu akaba ariwe n’undi umwe kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru bari bagihumeka n’ubwo bari barembeye bikomeye mu bitaro bya Masaka muri Uganda ari naho imibiri y’abitabye Imana kugeza ubu iri.




Dr.Byamungu Livingstone witabyimana

Byamungu Livingstone yamenyekanye nk’umuyobozi muri Banki y’Igihugu y’Iterambere (BRD) ariko kugeza ubu yari yaravuyemo asigaye yikorera akaba yitabye Imana ari kumwe n’abana be bane mu gihe umufasha we ari we gusa usigaye n’ubwo nawe amerewe nabi cyane.Hari ibindi bitangazamakuru byavugaga ko ari umugore wa Dr. Byamungu Livingstone warokotse wenyine .
16,625 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
4 Comments
Njye nakoranye na Dr. Byamungu Livingston Byamungu muri PSF yatubereye umuntu kandi yakoreraga muri team. Imana imwakire hamwe n’abana be ni abaziranenge.
Njye nakoranye na Dr. Byamungu Livingston Byamungu muri PSF yatubereye umuntu kandi yakoreraga muri team. Imana imwakire hamwe n’abana be ni abaziranenge. Tuzahora tumwibuka
nakundi umugore yihangane nibintu bibaho mubuzima njye niganye nabana be
nakundi umugore yihangane nibintu bibaho mubuzima njye niganye nabana be