umu amakuru- Miss World Africa Abenakyo yaje kwa Museveni kumwereka ko umusatsi w’abazungu yawukuyeho nkuko yabimusabye | Umusingi

Miss World Africa Abenakyo yaje kwa Museveni kumwereka ko umusatsi w’abazungu yawukuyeho nkuko yabimusabye

Please enter banners and links.

Umukobwa mwiza muri Africa uba mu gihugu cya Uganda akaba ari nawe Miss Uganda witwa Abenakyo Quiin yongeye kwakirwa na Perezida Museveni uyu munsi tariki ya 29 Ukuboza 2018 aje kumwereka ko inama yamugiriye yo gukuraho umusatsi wa kizungu akagumana uwe karemano yabikoze.

Museveni yishimiye kwakira Abenakyo mu rugo rwe Mbarara Rwakitura aho yabwiye itangazamakuru ko Abenakyo ari umukobwa mwiza yamugiriye inama yo kugumana umusatsi karemano Imana yamuhaye kandi ko aribyo byiza kuba umunyafurika.

Perezida Museveni yabwiye Abenakyo ko ubwiza bwe adakwiye kugira icyo yiyongeraho uko Imana yamuremye ubwiza bwe adakwiye kugira icyo yongeraho cyangwa agabanyaho akwiye kugumana ubwiza yaremanywe kandi ko ariko kuba umunyafurika nyawe.

Perezida Museveni n’umugore we Janet Museveni na Miss World Africa Abenakyo Quiin

Museveni yaretse Miss Abenakyo umugore we Janet Museveni ko afite umusatsi karemano atajya yambara imwe abagore bakunda kugura bakayishyiraho maze amushimira kuba yarumvise inama yamugiriye kandi akaba yamwemereye inkunga mu mishinga afite.

3,577 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.