umu amakuru- Umuhanzi Spice Diana yabonye umusukamo amafaranga Miliyoni 60 ariko mu Rwanda hari uwafata amafaranga angana gutyo akayaha umuhanzi? | Umusingi

Umuhanzi Spice Diana yabonye umusukamo amafaranga Miliyoni 60 ariko mu Rwanda hari uwafata amafaranga angana gutyo akayaha umuhanzi?

Please enter banners and links.

Umuhanzi Spice Diana yabonye umukire umushyiramo ibifaranga byinshi aho bivugwa ko umukire yamushyizemo Miliyoni 60 kugirango arusheho kuzamura umuziki we ukunzwe cyane.Mr.

Kampala yavuze ko yamushyizemo cash kuko Spice Diana ari inshuti ye akaba yifuza ko izo Miliyoni 60 zimufashe gukora no guteza imbere umuziki we dore ko uyu muhanzi agiye gutangira gukora ibijyanye n’imideli (Fashion).

Uyu Muhanzi Spice Diana ukunzwe cyane muri Uganda akaba yavuze ko agiye guteguramo ibitaramo bizajya byunguka kandi akaba yashimiye Mr.Kampala wamuteye inkunga ya Miliyoni 60 ko hari ahantu ayo mafaranga zamugeza mu iterambere ry’umuziki we.

Iyi kanzi niyo yari yambaye ejobundi ubwo abahanzikazi batandukanye barushanwaga mu kwerekana imideli ikaba igura Miliyoni 3

Hari abakurikirana umuziki mu Karere k’Ibiyaga bigari bibajije niba mu Rwanda hari abaherwe cyangwa abakire bashobora gushora amafaranga mu muziki nkuko abo muri Uganda nahandi babikora bakaba bafata nka Miliyoni 30 bakazishyira mu muhanzi kugirango bayabyaze inyungu.

Umwe mu baganiriyeho n’Ikinyamakuru Umusingi utashatse ko amazina ye atangazwa yavuze ko abahanzi bo mu Rwanda uretse ibigo bikomeye kubashyiramo amafaranga bigoranye kubona abaherwe bafata amafaranga bakayashora mu bahanzi .

Uyu muntu yakomeje avuga ati wari wabona abaherwe cyangwa abakire bo mu Rwanda bitabira ibitaramo uwabigerageje n’uwitwa Nkusi Godfrey nawe ntibyamuhiriye yahoraga mu manza na Sandra Teta kugeza ubwo nawe yafunzwe.

Umuziki n’umwuga mwiza abantu ku isi bakunda kuko umuziki ushimisha abantu n’ufite ibibazo iyo ari mu gitaramo ibibazo arabyibagirwa n’iyo mpamvu ahandi bawukora neza bakawukiriramo.

3,926 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.