U Rwanda rwirukanye Abarundi basaga 1500
— May 16, 2016
Please enter banners and links.

U Rwanda rwirukanye Abarundi barenga 1500 nkuko Ikinyamakuru Al jazeera kibitangaza kikaba kivuga ko abirukanywe ari Abarundi baba mu Rwanda mu buryo butemewe n’amategeko.Icyo kinyamakuru kivuga ko ayo makuru kiyakesha ubuyobozi mu gihugu cy’uBurundi .
Al jazeera ivuga ko yavuganye na Minisitiri ushinzwe imicungire yibiza no gucyura impunzi Seraphine Mukantabana avuga ko icyemezo cyo kwirukana ababa mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko kitashyiriweho Abarundi gusa ahubwo Abarundi banze kujya mu nkambi aribo bahuye n’ikibazo kuko iyo biyandikisha ntakibazo bari buhure nacyo.
Minisitiri Saraphine Mukantabana akomeza agira ati “hari Abarundi benshi binjiye mu gihugu bahunga umutekano mucye I Burundi ariko hashize iminsi usanga Abarundi hirya no hino mu gihugu badafite ibyangombwa bibaranga kandi impunzi zose zirabarurwa zakajyanwa mu nkambi aribyo twabasabye gukora abatabishaka bagasubira I Burundi”.
Gaverineri w,Intara ya Kirundo Melchior Nankwahomba yatangarije icyo kinyamakuru ko Abarundi baba mu Rwanda babwiwe kujya mu nkambi cyangwa bagasubira mu gihugu cyabo .
Meya w’umujyi wa Bujumbura Philippe Ngabonziza yavuze ko guhera kuwa gatanu w’icyumweru gishize hamaze kugaruka Abarundi birukanywe igihumbi na Magana atatu na makumyabiri 1,320.
Goverineri w’Intara ya Ngozi Albert Nduwimana we yavuze ko Kuwa gatandatu no kucyumweru abirukanywe bagarutse bagera Magana abiri na cumi n’umunani 218 .

Nkurunziza Perezida w’uBurundi
Ayirukanwa ry’Abarundi mu Rwanda rije nyuma y’Abanyarwanda nabo birukanywe mu gihugu cy’uBurundi umwaka ushize wa 2015 mu kwezi kwa Mata.
Igihugu cy’uBurundi kimaze igihe mu bibazo bya politike aho Perezida Nkurunziza yashatse gukomeza kwiyamamariza kuyobora u Burundi abatavuga rumwe nawe ntibyabashimisha n’abamwe mu baturage biteza intambara ndetse na Coup d’Etat yakozwe y’iminsi mike igapfuba ,kuva icyo gihe abantu batangiye gupfa abandi barahunga kugeza n’uyu munsi igihugu kiracyari mu bibazo by’intambara .
Burundi yakomeje kujya ishinja u Rwanda mu guhungabanya umutekano w’uBurundi ariko u Rwanda rugahakana ayo makuru nkuko Al Jazeera ibivuga.
UN ivuga ko hamaze guhunga Abarundi bagera mu bihumbi Magana abiri (200.000)ndetse ikaba ifite impungenge z’Abarundi birukanwa bagasubira mu gihugu kigifite ibibazo by’intambara.
U Burundi n’igihugu cyatangiye intambara mu kwezi kwa Mata 2015 iturutse kuri Perezida Pierre Nkurunziza wiyamamarije manda ya 3 ndetse akaba yaratsinze amatora mu kwezi kwa 7 2015 .
Byahinduwe mu Kinyarwanda na Gatera Stanley
2,987 total views, 5 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply