za ADF zishe abaturage 12 muri Congo ariko ushobora kuba umugambi wo kuburizamo amatora
— December 7, 2018
Please enter banners and links.

Amakuru aturuka mu gihugu cya DR.Congo aravuga ko Inyeshyamba za ADF zirwanya ubutegetsi bwa Uganda zishe abaturage 12 ahitwa Mayangose Iburasirazuba bw’Umujyi wa Beni muri Kivu ya Majyaruguru.
Abishwe amakuru avuga ko bicishijwe ibyuma ahagana saa moya 7:00am za mugitondo ubwo bari mu mirima yabo bahinga.
Amakuru avuga ko igisirikare cya Congo kumanywa yo kuwa kane ari nabwo abapfuye bishwe cyagerageje kujya gushaka imirambo yabishwe ariko kibuzwa n’inyeshyamba zari zabateze mu nzira zirabarasa. Meya wa Beni, Nyonyi Bwanakawa akaba yabwiye itangazamakuru ko habonetse imirambo 2 gusa .
Habaye imirwano ikomeye ubwo ingabo za FARDC zashakaga imirambo yabishwe byazigoye kuva mu gitondo kugeza saa cyenda z’amanywa 3pm nkuko bivugwa na Bwanakawa.
Amakuru Ikinyamakuru Umusingi cyahawe n’abantu muri Congo aravuga ko atari inyeshyamba nkuko bivugwa ahubwo ari amayeri ya Perezida Kabila n’abamushyigikiye bashaka kuburizamo umugambi w’amatora .
Ikigambiriwe ni uko amatora ataba mu gihe abantu barimo kwicwa n’abiyita inyeshyamba kandi ari abantu ba Kabila aba yarahaye amafaranga kugirango agume kubutegetsi.
3,248 total views, 5 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply