Dr Kiiza Besigye yamaze kurahira kuyobora Uganda polisi ihita imufunga Museveni azarahira ejo
— May 11, 2016
Please enter banners and links.

Gatemba mu gihugu cya Uganda kigiye kugira aba Perezida 2 aribo Museveni uzarahira kuyobora icyo gihugu ku nshuro ya 5 ,undi akaba Dr.Kiiza Besigye wamaze kurahira uyu munsi polisi igahita imufunga.
Dr.Kiiza Besigye amaze kurahira akaba yavuze ko Museveni indahiro ye itazemerwa kuko atatsinze ahubwo yatsinzwe .
Dr.Kiiza Besigye akomeza avuga ko afite ibimenyetso we n’Ishyaka rye rya FDC ko yatsinze amatora n’amajwi 52% ariyo mpamvu arahiriye kuyobora Uganda.

Imodoka ya Dr.Kiiza ikururwa n’iya polisi bagiye kumufunga
Mu gihe yarahiraga aba Perezida batandukanye batumiwe na Museveni uzarahira ejo barimo kuhagera na Perezida Museveni arimo kubakira ku kibuga cy’indege cya Entebbe.
Abamaze kuhagera mu ba Perezida batumiwe harimo Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuli ukunzwe muri iyi minsi ,Perezida wa Zimbabwe umusaza ugiye gupfira kubutegetsi Robert Mugabe nawe amaze kuhagera.
Uyu Robert Mugabe wa Zimbabwe akaba ashyigikiye Museveni kuko bombi bategetse imyaka myinshi ndetse bamwe bavuga ko bagundiriye ubutegetsi.Undi muperezida umaze kugera I Kampala ni uwitwa Udriss Diby Perezida wa Chad .
Reba amafoto ya bamwe mu ba Perezida bamaze kugera Kampala mu muhango wo kurahira kwa Perezida Museveni .

Perezida Robert Mugabe wa Zimbabwe ageze Kampala


Perezida wa Chad nawe ahageze


Perezida wa Mali Ibrahim Boubacar Keïta


Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo wa Equatorial Guinea

Abandi ni Perezida wa Mali Ibrahim Boubacar Keïta na Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou,bakaba bahagereye rimwe na Perezida Teodoro Obiang Nguema Mbasogo wa Equatorial Guinea n’abandi bakaba bari buhagere nkuko amakuru aturuka muri Perezidansi ya Uganda ibitangaza ko uko ari 13 bose bamaze kwemeza ko baribuze.
Gatera Stanley
3,038 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply