umu amakuru-    Burundi: Gen. Kararuza yarasiwe iwe mu rugo n’umuryango we | Umusingi

Gen Kararuza    Burundi: Gen. Kararuza yarasiwe iwe mu rugo n’umuryango we

Please enter banners and links.

Gen Kararuza

 

 

Général Athanase Kararuza yishwe n’abantu bataramenyekana mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere taliki 25 Mata 2016  mu gihe yari mu rugo yitegura kujya ku kazi we n’umugore we n’umwana w’umukobwa,bose uko ari batatu bakaba bishwe.

Uyu musirikare mu ngabo z’u Burundi yiciwe muri Zone ya Gihosha i Bujumbura ahumvikanye amasasu menshi.

Gen Kararuza

Général Athanase Kararuza yahoze akuriye ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, akaba yari yungirije umuyobozi w’ingabo zose zagaruraga amahoro muri kiriya gihugu.

Kuva yava mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, yari umujyanama ushinzwe iby’umutekano mu biro bya Visi Perezida wa Mbere.

Ibiro bya Visi Perezida wa mbere w’u Burundi bikaba byihanganishije abasirikare bagenzi be ndetse n’abaturage muri rusange.

Général Athanase Kararuza, abaye umusirikare wa gatanu wishwe mu kwezi kumwe.Abantu batandukanye bakaba barimo kwibaza impamvu abasirikare bakuru barimo kwicwa cyane?.

Ubwanditsi

 

2,982 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.