umu amakuru- Charly na Nina bakoranye indirimbo na Bebe Cool wo muri Uganda yitwa I DO nayo nziza | Umusingi

Charly na Nina bakoranye indirimbo na Bebe Cool wo muri Uganda yitwa I DO nayo nziza

Please enter banners and links.

g

Abahanzi Charly na Nina bakomeje kugaragaza ko bihariye muzika yo mu Rwanda nyuma yo gusohora indirimbo zitandukanye kandi zose zigakundwa.

Ubu indirimbo yabo nshya igezweho n’iyitwa I DO bakoranye n’umuhanzi ukomeye muri Uganda witwa Bebe Cool.

Bamwe mu bafana babo bibaza ibanga bakoresha kugirango indirimbo zabo zose zikundwe ku buryo haburamo indirimbo wavuga ko atari nziza .

Umwe mu bafana ba Charly na Nina watubwiye izina rye rimwe gusa rya Kararise yagize ati “Charly na Nina ntituramenya ibanga bakoresha kugirango indirimbo zabo zose zikundwe twashatse imwe itarakunzwe turayibura kigaragaza ko ari abahanzi babahanga cyane”.

 

Abahanzi bafite indirimbo yakuzwe cyane yitwa Try me ,bakagira Indoro nayo yakanyujije bakoranye na Fizo ,Owoma ,Zahabu ,Mfata n’izindi nyinshi.

Nina mu magambo macye yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko basohoye indi ndirimbo bayituye abafana babo kandi ko bazakomeza kubagezaho indirimbo nziza asaba ko bakomeza kubashyigikira.

Aba bakobwa bakaba bamaze kugeza umuziki wabo ku rwego rushimishije ndetse bakaba bitegura kujya gukora ibitaramo bitandukanye mu bihugu bitandukanye ku mugabane w’Uburayi mu kwezi gutaha.Reba indirimbo yabo nshya I DO .

Muri iyo ndirimbo I DO umuhanzi Bebe Cool yambitse impeta Nina aho wabonaga Nina yatwawe wagirango nibyo koko amwambitse impeta y’ukuri ariko ibyo ku bahanzi bikaba ari ibisanzwe.

1,953 total views, 25 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.