umu amakuru- Kim Kardashian yamaze kwakira umwana babyariwe kubera guhuza intanga yifotoza aryamye yambaye ubusa | Umusingi

Kim Kardashian yamaze kwakira umwana babyariwe kubera guhuza intanga yifotoza aryamye yambaye ubusa

Please enter banners and links.

Kim Kardashian na Kanye West bamaze iminsi mike bakiriye umwana wa gatatu mu muryango banze amafaranga bahabwaga n’ibigo bitandukanye byifuza kugura ifoto ya bucura bwabo.

Kim Kardashian akimara kwakira uwo mwana bababyariye mu ntanga zabo yahise ajya ku buriri bwe maze ariyambura yifotoza aryamye ku buriri amashusha yayikingiye ku gitsina cye.

TMZ yahawe amakuru n’umwe mu bantu ba hafi ba Kanye West na Kim Kardashian wavuze ko mu mezi ashize ibinyamakuru bikomeye bitandukanye byatangiye kubandikira bishaka kugura ifoto y’umwana babyaye binyuze mu guteza intanga zabo undi mugore.

Iki kinyamakuru kivuga ko Kim Kardashian n’umugabo we banze kwishyurwa miliyoni ziri hagati y’ebyiri n’eshanu z’amadolari bahabwaga n’ubuyobozi bw’ibinyamakuru bikomeye. Uwatanze amakuru yemeje ko ngo bafashe uwo mwanzuro birinda kuvogera ubuzima bwite bw’umwana babyariwe.

Nyuma yo kwanga kwishyurwa ngo batange amafoto y’umwana wabo, Kim Kardashian na Kanye West bahise banarindisha bikomeye urugo rwabo mu kwirinda ko hari uwabasha kuhegera ngo afate amafoto mu ibanga cyangwa uwakwinjira rwihishwa, umutekano bahashyize uzahakurwa ngo mu gihe bazizera neza ko nta cyavogera ubusugire bw’umwana wabo.

Uyu niwe wabyariye  umwana Kim Kardashian na Kanye West

Kim Kardashian ni we watangaje bwa mbere inkuru y’uko bibarutse umwana ukurikira abandi babiri basanganywe binyuze mu itangazo yasohoye ku wa 15 Mutarama 2017. Yavuze ko bishimiye kwakira “umwana w’umukobwa ufite ubuzima budafite ikibazo na kimwe kandi mwiza”.

Yagize ati “Kanye nanjye twishimiye gutangaza ukuvuka k’umwana wacu ufite ubuzima buzira umuze kandi mwiza. Turashimira cyane umugore wadutwitiye agatuma inzozi zacu ziba impamo ku bw’impano y’agahebuzo umuntu ashobora gutanga n’abaganga n’abaforomo bose bagize uruhare mu kubitaho n’umwana. North na Saint [abana ba Kim Kardashian na Kanye West] bishimiye cyane kwakira umuvandimwe muto wabo.”

Umugore wakodeshejwe yishyuwe 45,000 $ amezi icumi ndetse bazajya banamuha umushahara ungana na 4,500 $ buri kwezi.

Impamvu y’ibanze yatumye aba bombi bahitamo kwishyura umugore ngo abatwitire ni ukuba ubwo Kim Kardashian yibarukaga ubuheta yabwiwe n’abaganga ko afite ikibazo cy’uburwayi buzwi nka “placenta accreta” muri nyababyeyi, bushobora kumuhitana mu gihe yaba yongeye gutwita.

Undi uherutse kubyara impanga ni umukinnyi w’icyamamare Christiano Ronaldo ukinira ikipe ya Real Madrid waguze umukobwa bakamutera intanga akibaruka impanga.

 

 

1,634 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.