Chris Brown yagaragaje ikiniga n’agahinda kivanze n’amarira nyuma yo kubona ibiri gukorerwa Abanyafurika bari gucuruzwa muri Libya.
— November 29, 2017
Please enter banners and links.

Umuhanzi w’icyamamare ku Isi Chris Brown,ukorera umuziki we mu Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika, yamaze kuba uwa mbere mu bahanzi ku Isi yose wagize icyo atangaza ku icuruzwa ry ‘abantu b’abimukira bari muri Libya bari guhohoterwa bikomeye.
Ibi bibaye nyuma yaho Abanyafurika bo muri Libya byagaragaye ko ari abimukira bafatiwe mu Nyanja, ubwo barimo berekeza mu Bulayi bakomereza no muri Amerika,hagatangazwa ko aba banyafurika bagiye kugurishwa yewe n’ibiciro byaratangajwe.
Mu majwi amwe y’umuntu wari ushoreye aba banyafurika b’abimukira yumvikanye kuri Televiziyo ya CNN bari kumvikana uko ibiciro bihagaze kuri buri muntu,kugirango bamugure ajye kuba igikoresho cyabo.

Chris Brown

Hagati y’ibihumbi 90,000 y’amanyarwanda na 340000fr nicyo giciro bitewe n’umuntu wifuza imbaraga ze,ibi amahanga nyuma yo kubyumva yarabihagurukiye abyamaganira kure.
Umuhanzi Chris Brown nawe yafashe iyambere mu bahanzi b’Isi yose,abyamaganira kure aho yacishije ubutumwa bwe ku rukuta rwe rwa Instagram yibaza impamvu ibihugu bikomeye bihita bitabarwa bwangu iyo habaye impinduka y’umutekano.
Mu magambo ya Chris Brown ati”Iyo mu Bufaransa hatewe ibisasu usanga Facebook yose ivuga ngo dusengere Ubufaransa, mu Bwongereza haterwa ibisasu bikaba uko, Texas haba umwuzure nabwo abakoresha Facebook bakadusaba gusabira Texas nyamara icuruzwa ry’abacakara (abimukira) riri kubera muri Libya, ntabyo ndi kubona bikorwa ku mbuga nkoranyambaga ni agahinda”
David Mayira/umusingi.net
2,329 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply