umu amakuru- Hatagize igikorwa mu Rwanda mu myaka 3 ibindi bitangazamakuru bizafunga –KNC | Umusingi

Hatagize igikorwa mu Rwanda mu myaka 3 ibindi bitangazamakuru bizafunga –KNC

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa kabiri tariki 7 Ugushyingo 2017 mu kiganiro ku itangazamakuru cyenereye muri Serena Hotel KNC nyiri TV1na Radio1 abajijwe ikibazo ati urabona ute itangazamakuru mu Rwanda mu myaka 5 iri imbere?.

KNC yahise avuga ko uretse n’imyaka 5 ,mu myaka 3 gusa hatagize igikorwa ibindi bitangazamakuru bizafunga cyane cyane Televiziyo ariko radiyo zo zarwazarwaza ariko Televiziyo zo zizafunga.

KNC yavugurujwe na Mugisha Emmanuel umunyamabanga nshingwabikorwa w’urwego rw’abanyamakuru rwigenzura we aho yavuze ko mu myaka 5 itangazamakuru rizaba riteye imbere.

KNC umuyobozi wa TV1/Radio1 uhereye i bumoso ,Emmanuel Mugisha RMC ,Semukanya  na Dr.Christopher Kayumba

Dr.Christopher Kayumba we yavuze ko n’ubwo gahunda ya Leta ishishikariza banyiri bitangazamakuru kwishyira hamwe kugirango bafashwe ndetse bagire imbaraga we yagize ati “ibitangazamakuru byakwishyira hamwe bitakwishyira hamwe ikizashoboka mu Rwanda na online Newspaper cyangwa Television online na radio online kandi nabwo ntago tuzagira utuvugira inkuru nkuko twavugaga ngo ni nde uzavuga inkuru ya Africa?”.Hashize iminsi mike habaye inama iteguwe na RURA ifatanije na RMC aho banyiri ibitangazamakuru bagiriwe inama uburyo bakwishyira hamwe Leta ikabafasha.

Bamwe mu bayobozi b’ibitangazamakuru ntibumva ukwishyirahamwe icyo byabongerera mu rwego rw’amafaranga abandi babyumva nabo bakavuga bati ubundi se twakwishyira hamwe gute?bigatangizwa na nde?ahubwo bakavuga bati niba Leta ishaka ko bishyirahamwe kuki idahera kuri abo babyumva ikabafasha kugirango n’abandi batabyumva bakabyumviraho?.

Gatera Stanley

2,409 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.