MINALOC yahakanye amakuru avuga ko meya wa Nyagatare afunzwe
— October 11, 2017
Please enter banners and links.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko amakuru yavugaga ko umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mupenzi George afunze ari ibihuha kuko ubu ari mu kazi.
MINALOC yabitangaje ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter mu ma saa sita zo kuri uyu wa gatatu tariki ya 11 Ukwakira 2017.
Ubwo butumwa bwo kuri Twitter bugira buti “Amakuru akwirakwizwa ko Mayor Mupenzi George wa Nyagatare yeguye ku mirimo ye cyangwa yafunzwe ni impuha. Ababikwirakwiza barabeshya.”
RwandaLocalGov @RwandaLocalGov
Amakuru akwirakwizwa ko Mayor Mupenzi George wa Nyagatare yeguye ku mirimo ye cyangwa yafunzwe ni impuha. Ababikwirakwiza barabeshya
3:24 AM – 11 Oct 2017
Amakuru y’ibihuha yavugaga ko umuyobozi w’Akarerere ka Nyagatare yaba yafunzwe cyangwa yeguye, yatangiye gukwirakwizwa n’abantu bataramenyekana mu gitondo cyo kuri uyu wa 11 Ukwakira 2017.
Twagerageje kuvugana na Mupenzi George kuri Telephone ye igendanwa aratwitaba tumubajije amakuru yiriwe avugwa hirya no hino ko yafunzwe abandi bati yeguye maze agira ati “ubwose ngusubize ngo iki?ndi mukazi rwose nta kibazo”.
Gatera Stanley
2,639 total views, 3 views today

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Kuki Umuhungu wa Gen Fred Rwigema atatashye ubukwe bwa mushiki we Teta?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply