umu amakuru- MINALOC yahakanye amakuru avuga ko meya wa Nyagatare afunzwe | Umusingi

MINALOC yahakanye amakuru avuga ko meya wa Nyagatare afunzwe

Please enter banners and links.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje  ko amakuru yavugaga ko umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mupenzi George afunze ari ibihuha kuko ubu ari mu kazi.

MINALOC yabitangaje ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter mu ma saa sita zo kuri uyu wa gatatu tariki ya 11 Ukwakira 2017.

Ubwo butumwa bwo kuri Twitter bugira buti “Amakuru akwirakwizwa ko Mayor Mupenzi George wa Nyagatare yeguye ku mirimo ye cyangwa yafunzwe ni impuha. Ababikwirakwiza barabeshya.”

RwandaLocalGov‏ @RwandaLocalGov

Amakuru akwirakwizwa ko Mayor Mupenzi George wa Nyagatare yeguye ku mirimo ye cyangwa yafunzwe ni impuha. Ababikwirakwiza barabeshya

3:24 AM – 11 Oct 2017

Amakuru y’ibihuha yavugaga ko umuyobozi w’Akarerere ka Nyagatare yaba yafunzwe cyangwa yeguye, yatangiye gukwirakwizwa n’abantu bataramenyekana mu gitondo cyo kuri uyu wa 11 Ukwakira 2017.

Twagerageje kuvugana na Mupenzi George kuri Telephone ye igendanwa aratwitaba tumubajije amakuru yiriwe avugwa hirya no hino ko yafunzwe abandi bati yeguye maze agira ati “ubwose ngusubize ngo iki?ndi mukazi rwose nta kibazo”.

Gatera Stanley

 

 

 

 

2,587 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.