umu amakuru- James Sano wayoboraga WASAC na Kamanzi wa EDCL batawe muri yombi | Umusingi

James Sano wayoboraga WASAC na Kamanzi wa EDCL batawe muri yombi

Please enter banners and links.

Polisi y’Igihugu yatangaje ko Sano James wahoze ari Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’isukura yatawe muri yombi ku byaha bifitanye isano no gutanga amasoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Polisi y’Igihugu rivuga ko uyu uherutse gusimburwa ku buyobozi bwa Wasac yatawe muri yombi ku wa 02 Nzeri 2017 hamwe na Kamanzi Emmanuel wahoze ayobora EDCL.

Sano James

Kamanzi Emmanuel

Polisi y’Igihugu ivuga ko Sano yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gutanga amasoko ya leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi bibujijwe n’ingingo ya 628 y’igitabo gihana ibyaha mu Rwanda.

Iperereza rya Polisi ngo ryagaragaje ko uyu mugabo yatanze mu buryo bunyuranyije n’amategeko isoko rya miliyoni 61 ariha ikigo Cerrium advisory Ltd. Iri soko ryari rigamije gutegura no gukoresha ibizamini abakozi bashya

 

 

2,760 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.