Byamenywe n’abantu bake cyane ko Umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wageze I Kigali
— January 9, 2017
Please enter banners and links.

Saa sita n’iminota 40 nibwo indege ya Ethiopian Airlines ihetse umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa yageze ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe.
Kuzanwa k’uyu mugogo byakozwe mu gisa n’ubwiru bukomeye. Nta muntu n’umwe wari uzi neza amasaha ugerera i Kigali ndetse n’abakozi bo ku kibuga cy’Indege benshi ntabyo bari bazi.
Umwe mu baturage ,umusaza ufite imyaka 67 utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “inkuru n’umvise ko Umugogo w’Umwami Kigeli V wageze I Kigali n’ibyo?ko tutabimenye se?twari kujya kuwakira no gufata abo mu muryango we mu mugongo”.
Abahindiro n’abandi bafitanye isano n’Umwami, ntabn’umwe wagaragaraga ku kibuga cy’indege.



Ahagana saa saba n’iminota 40 nibwo Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne n’Umuyobozi w’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco, Vuningoma bageze ku kibuga cy’indege baje kwakira umugogo w’umwami.
Kuri iyi saha kandi ni nabwo abo mu muryango w’umwami bari biganjemo ababyeyi bakenyeye bya kinyarwanda batangiye kugaragara ku kibuga cy’indege cyane mu gice gisohokeramo imodoka ivuye mu kibuga cy’indege.
Abantu bari bazi ko ariyo iribube inkuru y’umunsi ariko wasanga abantu mu mujyi wa Kigali ntacyo babiziho nta n’uwo wumvaga abiganiraho.


Dr James Vuningoma yavuze ko Leta y’u Rwanda yari itegereje ko umuryango wumvikana kuko hari harabaye impaka hagati yabo ariko ‘ni amahirwe dufite nk’abanyarwanda kuba umugogo w’umwami wacu utashye mu gihugu cye’.



Yakomeje agira ati “ Ni ibyishimo kuko umuryango washyize hamwe na leta y’u Rwanda yabafashe mu mugongo bihagije. Ni ibyishimo dufite nk’abanyarwanda byo kuvuga ngo aratashye.”
Imihango y’itabarizwa ry’umwami Kigeli V Ndahindurwa ntabwo yigeze itangazwa gusa byari byavuzwe ko azatabarizwa i Mwima ya Nyanza aho yimikiwe.
Umugogo wo wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro byitiriwe Umwami Faisal.
Hari hari abanyacyubahiro batandukanye barimo Minisitiri Uwacu Julienne,Ngarambe Francois umunyamabanga nshingwabikorwa wa FPR n’abandi batandukanye.
2,881 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply