Kiliziya Gatolika mu Rwanda yasezeranije umugabo wataye abana 4 n’umugore muri Australia
— October 3, 2016
Please enter banners and links.

Kuwa 16 Nyakanga 2016 muri Paruwasi ya Kicukiro basezeranije umugabo witwa Gahamanyi Victor akaba yarasezeranye n’umukobwa witwa Uwineza Claudine wari uvuye kwiga mu gihugu cy’Ubushinwa ubu umugore akaba yaratanze ikirego ko umugabo we yamuteye n’abana 4 ashaka indezo z’abana.
Aganira n’Ikinyamakuru Umusingi Kuwa 3 Ukwakira 2016 Uwineza Godance yagize ati “umugabo wanjye aria ho mu Rwanda yarambeshye ko aje muri Misiyo aterura udufaranga twose twari twarakoze turi kuri bank arigendera none nagiye kumva numva ngo yashakanye n’umukobwa nk’ibaza Idini risezeranya abantu bari barasezeranyeho n’iryahe?”.
Ikindi Uwineza akomeza avuga ko umugabo we Gahamanyi Victor uvuka Kabarondo yari mu idini ry’Abadeventisite (Adventist)hanyuma ajya gusezerana gute muri gatolika?ese ntibabanza ngo bamenye amakuru yabo bagiye gusezeranya?.
Ubwose ko yabeshye bikaba byamenyekanye ,ubwo uwo mukobwa we bazakomeza babane neza?kuko agomba kujya yohereza amafaranga yo gutunga abana be 4 barimo umuhungu umwe n’abakobwa 3.

Gahamanyi Victor n’umugore we Uwineza Claudine babana mu Rwanda (Photo Whatsap)

Nahano bari kumwe
Uwineza yifuza ko umugabo we yagaruka akarera abana be kuko birirwa barira bashaka se baramubuze.
Ikinyamakuru Umusingi kuri Email yacyo cyandikiwe n’undi mugore w’inshuti ya Uwineza witwa Diane Kamagaju maze anenga cyane Gahamanyi Victor ndetse agira inama abakobwa muri rusange ko badakwiye guta umuco ko umugabo ufite urugo abana n’umugore aza akababeshya ko aba muri Asia cyangwa muri Amerika bakumva ko ari umukire cyangwa azaba ubutunzi ko ataribyo ati “ubwose ko yamubeshye azashobora gutunga ingo 2?”.




Gahamanyi akiri murukundo n’umugore we wa mbere babyaranye

Umugore we n’abana yataye muri Australia


Ikinyamakuru Umusingi kimaze kumva ibya Gahamanyi Victor cyashatse kumubaza kuri Telephone ye igendanwa ariko idacamo.
Umugore we wa mbere bari barasezeranye Uwineza Godance akaba yarongeye abwira Ikinyamakuru Umusingi ko nimero ze ahora azihindura kubera ko aziko polisi yo muri Australia imushakisha kuko yataye abana kandi bitemewe muri icyo gihugu.
Ikinyamakuru Umusingi cyabajije umuvugizi wa Kiliziya Gatolika mu Rwanda witwa Musenyeri Philipe Rukamba impamvu basezeranya abantu batabanje kumenya amakuru yabo n’icyo bakora nyuma iyo basanze hari umwe wabeshye mubo bamaze gusezeranya maze avuga ko iyo babimenye batangaza ayo makuru ko babeshye amasezerano agaseswa.
Musebyeri Philipe Rukamba akaba yaragize ati “tugiye kubikurikirana nidusanga aribyo tuzatangaza ayo makuru hanyuma amasezerano aseswe kuko nta n’ubwo aba ari amasezerano kuko baba barabeshye kandi nta masezerano ashingira kukinyoma yabaho”.
Iyi nkuru tuzakomeza kuyibakurikiranira kuko turacyashakisha nimero ubu Gahamanyi Victor akoresha ndetse n’iy’umugore we babana ubu witwa Uwineza Claudine kugirango nawe tumubaze niba yarashakanye na Gahamanyi abizi ko ataye abana 4 n’umugore muri Australia cyangwa atari abizi ,byose tuzabibagezaho.
Muhungu John
4,969 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
WHO IS THE CEO STANLEY GATERA?
Leave a reply