umu amakuru-  Umuyobozi w’Akagali ka Nsinda amereye nabi abaturage abafunga | Umusingi

IMG-20160831-WA0000  Umuyobozi w’Akagali ka Nsinda amereye nabi abaturage abafunga

Please enter banners and links.

IMG-20160831-WA0000

 

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi kuri uyu wa mbere taliki 5 Nzeli 2016 ni uko abaturage bo mu Kagali ka Nsinda Umurenge wa Muhazi Akarere ka Rwamagana bamerewe nabi n’umuyobozi wako Kagali  witwa Dukuzumuremyi Donatha abafunga.

Umwe mu baturage batuye muri ako Kagali utarashatse ko amazina ye atangazwa kubera impamvu ze z’umutekano we yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko uwo muyobozi afunga abaturage akabiriza ku Kagali amasaha 12 yose.

Uyu muyobozi arakora binyuranije n’amategeko kuko hagati y’ukwezi kwa gatanu n’ukwa gatandatu  2016 habaye inama yahuje abanyamakuru na Polisi ibera ku kicaro cya Polisi ku Kacyiru maze icyo gihe havugwa ko nta muyobozi n’umwe wemerewe gufunga abaturage .

Uwo muturage yagize ati “mamunyamakuru we uzatubarize rwose twumva ko muvugira abaturage natwe turagutumye utubarize umuyobozi w’Akagali kacu ibyo twumva ko abantu batagifungirwa ku Kagali kuki we akibikora akatwirizamo umunsi wose ngo ni uko tuba twabuze aya Mituelle de santé”.

Bavuze ko Polisi ariyo yonyine ifunga byagateganyo mu gihe umuturage acyekwaho icyaha nyuma bakamushyikiriza inkiko akaburana yaba umwere agataha yahamwa n’icyaha agafungwa muri gereza.

Aha hakaba ari hamwe hamaze kugaragara ko ho bagifunga abaturage .

Umunyamabanga uhoraho muri MINALOC Munyeshyaka Vincent nawe aherutse kubwira abanyamakuru ko abayobozi batagifunga abaturage kubera babuze Mituelle de santé ndetse batakibafungisha amaduka yabo umunsi w’inama ngo babafungishe umunsi wose kandi aribyo bibatunze akaba yarabihakanye ubwo yari mu nama yo kugaragaza ubushakashatsi ku mibereho y’abaturage bwakozwe na Never Again yabereye muri Mariotti Hotel ukwezi gushize.

Uyu muyobozi arashinjwa n’abaturage ibintu byinshi birimo kubatuka akababwira amagambo nyandagazi ,gutumiza inama akazi yatinze abaturage bicaye barushye ,gufungura Akagali aho ashakiye ,kuba hari Perezida w’Ubudehe bavuga ko ariwe wamwishyiriyeho kandi abaturage aribo bagomba kwitorera komite na Perezida,bakavuga ko yategetse ko mu mafaranga y’Ubudehe hagurwa icyuma gishya kandi abaturage ba Rubilizi bari bemeje ko bashaka amazi,bakaba amafaranga y’Ubudehe y’umwaka ushize na yuyu mwaka kuki adakoreshwa habaye ikihe kibazo kandi yarasohotse?

Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza umuyobozi w’Akagali ka Nsinda Dukuzumuremyi  niba afunga abaturage ku buryo bagera aho kumva bamurambiwe ndetse no kumubaza ko gufunga abaturage niba ariwo muti n’ibindi byose bamuvuzeho hejuru  ariko nimero ye ya Telephone igendanwa itanyuramo kumara iminsi igera kuri 3 yose.Tuzakomeza gukurikirana iki kibazo kugeza ubwo azavuga impamvu abaturage bamushinja kutabakorera neza .

Gatera Stanley

2,907 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.