Impanuka y’imodoka ya Ambasaderi wa USA mu Rwanda yahitanye abasore babiri
— August 15, 2016
Please enter banners and links.

Imodoka itwara Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, Erica J. Barks-Ruggles, yagonganye n’igare maze abantu bari baririho bahita bapfa undi umwe arakomereka.
Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru tariki ya 14 Kanama, ahagana saa munani z’amanywa, imodoka yari itwaye Ambasaderi Erica J. Barks-Ruggles yagonganye n’igare ryari ririho abasore batatu, maze babiri muri bo bahita bapfa, undi arakomereka cyane.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Giheke, Nsabimana Theogene yatangarije IGIHE ko iyo mpanuka yabaye hagati ya saa saba n’igice na Saa munani z’amanywa, ikabera ku rugabano rw’Akarere ka Rusizi na Nyamasheke, mu Mudugudu wa Rwumvangoma, mu Kagari ka Giheke.
Nsabimana yagize ati “Hari nka saa saba n’igice zishyira saa munani, hanyuma iyo modoka yari itwaye ambasaderi yari igiye i Rusizi, igeze mu mudugudu wa Rwumvangoma, Akagari ka Giheke ihura n’igare ryavudukaga bikabije, ririho abana batatu, maze babiri muri bo bahita bapfa.”

Yakomeje avuga ko umushoferi wari utwaye Ambasaderi yagerageje guhunga iryo gare, ariko umuvuduko ukabije ryari rifite, no kuba ryari ritwaye abantu batatu, byabagabanyirije amahirwe yo kurokoka iyo mpanuka.
Nyuma y’ibyo, Ambasaderi , Erica J. Barks-Ruggles n’umushoferi we ntawagize icyo aba, ahubwo ngo bahise bajya kuri Polisi kumenyesha iby’iyo mpanuka.
Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano mu muhanda ryahise ritangira iperereza ngo hamenyekane impamvu nyakuri yateye iyo mpanuka, gusa abaturage hafi ho batangazaga ko iryo gare ryaba ryari ryacitse feri.
Source:igihe.com
2,903 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Mayor wa Kamonyi UDAHEMUKA Aimable yeguye ku kazi kubera impamvu zikomeye
Leave a reply