umu amakuru-  Polisi y’u Rwanda yatashye inyubako mu Ntara y’Amajyepfo ifite agaciro ka Miliyoni 680 | Umusingi

DSC_0284  Polisi y’u Rwanda yatashye inyubako mu Ntara y’Amajyepfo ifite agaciro ka Miliyoni 680

Please enter banners and links.

DSC_0284

 

Polisi y’u Rwanda ejo Kuwa 21 Nyakanga 2016 yatashye ku mugaragaro inyubako  nshya y’icyicaro cyayo mu Ntara y’Amajyepfo, ikaba ifite agaciro ka miliyoni 680 z’amafaranga y’u Rwanda.

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu,Sheik Musa Fazil Harerimana niwe wayoboye uwo muhango.

Ni umuhango kandi   witabiriwe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K Gasana, umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari n’abandi bayobozi.

DSC_0200

Uhereye ibumoso Guverineri Munyentwari na Ministiri Musa Fazi na IGP Gasana inyuma n’abandi ba polisi

Iyi nyubako y’amagorofa abiri yubatswe mu mezi 12 ku buso bwa 6727 m2  n’ibyumba 37.

 Ifite ibyumba bibiri by’inama, ,ibyumba bibiri bifungirwamo byujuje ibyangombwa, icyumba kiganiririzwamo abahungabanye  cyangwa abahohotewe, ikagira n’aho bahagarika imodoka hanini n’ubusitani.

 Izaba irimo kandi icyicaro cya Polisi mu karere ka Huye, na sitasiyo ya Polisi ya Ngoma.

 Avuga kuri uyu muhango wabereye mu karere ka Huye, Minisitiri Harerimana yavuze ko iyi nzu yubatswe bijyanye na gahunda ya  Polisi y’u Rwanda yo kwiyubaka.

 Minisitiri Harerimana yagize ati:”Iyi nyubako ni imwe mu ishyirwa mu bikorwa ry’umurongo watanzwe na  Nyakubahwa Perezida Paul Kagame kuri Polisi y’u Rwanda  mu kuyiha ubushobozi. Turashimira abafatanyabikorwa bose mu iyubakwa kw’iyi nzu, kandi ni muri ubwo bufatanye tuzagera no ku bindi byinshi.”

DSC_0268

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’uRwanda ACP Twahirwa

 Polisi y’u Rwanda ikaba kandi irimo gusoza izindi nyubako eshatu z’ibyicari byayo I Musanze mu Majyaruguru, Rubavu Iburengerazuba na Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba.

 Guverineri Munyentwari yashimiye Polisi y’u Rwanda ku mikoranire yayo n’abafatanyabikorwa  aho yagize ati:” Iki gikorwa kije gisanga iterambere ry’imikoranire ya Polisi n’abaturage  nabyo byazamuye umutekano w’abaturage.”

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yavuze ko ibi biri muri gahunda ya Polisi y’u Rwanda yo kwiteza imbere mu bikorwaremezo.

 ACP Twahirwa yagize ati:”Kugeza ubu, icyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, icya Polisi y’Umujyi wa Kigali I Remera byararangiye kandi izindi nyubako eshatu z’ibyicaro bya Polisi mu ntara bizarangira vuba. Icyiciro kizakurikiraho ni icyo kubaka sitasiyo za Polisi.”

Source :RNP

2,809 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.