umu amakuru-  Imiti ihabwa abatinganyi yamenyekanye | Umusingi

 Imiti ihabwa abatinganyi yamenyekanye

Please enter banners and links.

 

Kuwa 12-13 Ishyirahamwe ry’abanyamakuru bashinzwe kurwanya SIDA mu Rwanda ABASIRWA bari mu Karere ka Rusizi mu rwego rwo kurebera hamwe igituma SIDA yiyongera muri ako Karere n’uburyo hashobora gukorwa ubuvugizi binyuze mu itangazamakuru ikagabanuka.

Ubundi byavugwaga ko ku mupaka wa Rusizi na Bukavu haba indaya nyinshi ndetse zimwe muri zo zikaba zarabwiye itangazamakuru ko Idorari ry’Abakongomani batikoza gukoresha agakingirizo aryo nyirabayazana.

Ariko icyatangaje abanyamakuru ni uko muri ako Karere ka Rusizi hari n’abatinganyi benshi ndetse nabo bakaba bitabwo bagahabwa imiti ibafasha kutandura SIDA ndetse bakanigishwa mu gihe batarareka ubutinganyi imiti bakoresha ibafasha kutandura nko kubaha amavuta yo gusiga mu kibuno mu gihe batingana.

Habarugira Wensislasi ushinzwe ubuzima mu Karere ka Rusizi akaba yarabwiye abanyamakuru ko ubutinganyi buterwa n’abantu baba baragiye muri gereza kubera imibiri yabo yashaka gukora imibonano mpuzabitsina ntibayibone bakishora mu butinganyi.

Habarugira yagize ati “barahari ndetse turabafasha tukabaha imiti yo gukoresha bakayisigaho kuko bakora imibonano aho itagenewe kandi haba hakomeye .

Iyo bayikoreye aho bashobora gukomereka bakanduzanya ariko amavuta tubaha afasha kuhoroshya.”Yakomeje avuga ko abatinganyi benshi bambara Pampers kubera ko babikorera aho bitegenewe bityo iyo babikoze kenshi harakweduka yashaka kwihagarika cyangwa kwituma ntagire kwihangani bigahita biza ikaba ariyo mpamvu bambara Pampers.

Gatera Stanley

4,624 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.