APR FC yatwaye igikombe nyuma yo gutsindwa na AS Kigali
— July 17, 2016
Please enter banners and links.

Uyu munsi Kuwa 17 Nyakanga 2016 ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya Shampiona ya 2015/2016, aho mu mukino wa nyuma wa Shampiona yatsinzwe na As Kigali ibitego 2-1
N’ubwo ikipe ya APR Fc yari yaramaze kwizera igikombe cya Shampiona nyuma y’aho Rayon Sports yari yatsinzwe na Muhanga, iyi kipe yamaze gushyikirizwa igikombe cy’uyu mwaka nyuma yo kurangiza imikino yose ifite amanota 67, mu gihe Rayon Sports iyikurikiye ku mwanya wa kabiri yo ifite amanota 61.


Muri uyu mukino wahuje APR Fc na AS Kigali, ikipe ya As Kigali niyo yabanje igitego cyatsinzwe na Onesme mu gice cya mbere, Sugira Ernest wahoze akinira APR Fc aza gutsinda icya kabiri mu gice cya kabiri, mu gihe Emery Bayisenge yaje gutsinda igitego cy’impozamarira ku munota wa nyuma w’inyongera.
Iki gikombe APR Fc itwaye, kibaye igikombe cya 16 cya Shampiyona itwaye, kikazayifasha guhagararira u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Afurika.


Bamwe mu bafana ba APR FC bakaba bari bazi ko umutoza wa AS Kigali Eric Nshimiyimana ari bwemere atsindwe kubera ko atahemukira ikipe yakuriyemo ndetse yakiniye akayihesha ibikombe byinshi ,atahemukira ikipe ya APR FC ku mukino wanyuma ariko yaberetse ko nta mikino irushanwa aba ari irushanwa nta byamarangamutima.
Indi mikino y’umunsi wa nyuma wa Shampiona uko yarangiye
Musanze 2-0 Rayon Sports
Mukura 4-0 Bugesera
APR FC 1-2 AS Kigali
Amagaju 0-0 Sunrise
Kiyovu 2-2 Muhanga
Ikipe ya Musanze ikaba yarokotse kumanuka mu kiciro cya kabiri nyuma yo kwandagaza ikipe ya Rayon Sports ikayitsinda ibitego 2 byose kubusa.
Gatera Stanley
2,687 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply