umu amakuru- Perezida w’uBurundi Nkurunziza yakiriye umugore wa Ndadaye wishwe amaze amezi 3 gusa abaye Perezida | Umusingi

Perezida w’uBurundi Nkurunziza yakiriye umugore wa Ndadaye wishwe amaze amezi 3 gusa abaye Perezida

Please enter banners and links.

Amakuru agera ku kinyamakuru Umusingi kuri uyu wa kabiri tariki 15 Ukwakira 2019  nkuko kiyemeje kubagezaho amakuru yo mu Karere no ku isi yose  ko Perezida w’uBurundi Petero Nkurunziza yakiriye mu biro bye umugore wuwahoze ari Perezida w’icyo gihugu Ndadaye Melchior.

Umugore wa Ndadaye Melchior witwa Laurence Ndadaye niwe wakiriwe na Perezida w’uBurundi Petero Nkurunziza hakaba hashize imyaka 26 uyu Ndadaye yishwe ndetse hakaba hategurwa umuhango wo kwibuka nyakwigendera.

Perezida w’uBurundi Nkunziza n’umugore wa Ndadaye Laurence

Ndadaye Melchior

Ndadaye Melchior niwe wabaye Perezida wa mbere w’igihugu cy’uBurundi binyuze mu matora agatsinda ariko akaba yarishwe nyuma y’amezi 3 gusa ku butegetsi azira ikibazo cy’amoko cyari gikomeye cyane muri icyo gihugu.

Ndadaye yavutse mu mwaka wi 1953 apfa mu mwaka wi 1993 akaba yari mu Ishyaka FRODEBU ryari rigizwe n’Abahutu ariko igisirikare kikaba cyari kigizwe n’Abatutsi aribo bamwishe maze ibibazo by’ivangura n’amacakubiri bishingiye ku moko kirakomera cyane.

Ntago turamenya ibyo Perezida Nkurunziza yaganiriye na Laurence Ndadaye dore ko harimo gutegurwa umuhango wo kumwibuka.

Ubundi ntago bikwiye umuntu kuziza undi ubwoko bwe kuko Imana yaremye abantu bose basa kuko bose bafite uruhu rusa abirabura n’abazungu ibaha uruhu rwabo ariko biratangaje kubona abirabura bicana bazira ubwoko.

Umuntu ntakwiye kuzira ko ari inzobe cyangwa igikara cyangwa afite izuru rinini cyangwa rirerire cyangwa ari mugufi cyangwa muremure cyangwa aho akomoka ibyo abantu bakwiye kubisa mu mitwe yabo bakumva ko bose aria bantu bamwe.

 

5,938 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.