Umuhanzi Young Grace yibarutse umwana we W’impfura
— August 30, 2019
Please enter banners and links.

Mu rukerera rwo ku wa 24 Kanama 2019 impundu zavuze urwunge iwabo wa Young Grace n’umusore babyaranye umwana baherutse kwibaruka bise akazina ka Diamante.
Ni umwana uyu muraperikazi ubusanzwe witwa Abayizera Marie Grace yari ategerezanyije amatsiko cyane ko ari imfura ye. Yamuririmbiye ibisingizo mu ndirimbo yamwitiriye nk’ikimenyetso cyerekana ko ari umwana yari ategerezanyije ibinezaneza.
Muri iyi ndirimbo yagiye hanze ku wa 8 Nyakanga 2019, uyu muraperikazi yumvikanamo avuga ko umwana we yabaye uwa mbere watumye yishimira kubaho, akaba umwe rukumbi wavuganye na we ndetse ko ubu atakora ikintu atabanje kumubaza.
Mu nyikirizo ati “Ubu ndiho ku bwawe mwana wanjye wandekura nagwa, ntawe uzagukoraho nzakubera intwari rudasumbwa Diamante.”





Mu kumuhanura, Young Grace muri iyi ndirimbo avuga ko umwana we azasanga Isi yarangiritse, akamubwira ko adakwiriye kuzagira ikibazo kuko azahamubera, akamushishikariza kuzakunda umurimo no kuzakora icyo aricyo cyose umutima we uzamuhatira.
Mu ntangiriro z’uku kwezi Young Grace yari yanditse agusaba ko kwazarangira ari umubyeyi.
Nyuma yo kwibaruka uyu mwana, yamwise amazina ashobora kwibazwaho na benshi duhereye ku ry’Ikinyarwanda, aho yamwise ‘Amata’ irindi riba ‘Anca Ae’eedah Ai’.
Ati “Anca Ae’eedah Ai bivuze impano y’ubuntu bw’Imana yaturuste ku rukundo. Hanyuma ‘Amata’ ryo ni Irinyarwanda, twese tuzi ko amata agira umumaro, ni ay’ingenzi ku buzima bwacu, urwaye barayakuramiza, agira umumaro cyane ku buzima bwacu. Natwe umwana wacu twamugereranyije nayo mu rwego rw’izina kuko ni uw’ingenzi kuri twe no ku bacu.”
Avuga ko we na se (w’umwana) bafatanyije kumwita aya mazina. Abajijwe uko yari amerewe agiye kwibaruka ati ‘ibise byo ibyabyo bibara uwariraye’.
Young Grace w’imyaka 25 yakundanaga n’umusore witwa Rwabuhihi Hubert [Piqué] gusa iby’urukundo rwabo byararangiye n’ubwo yari yamwambitse impeta nk’aho bitegura kurushinga.
4,953 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Abahanzi bavukana Weseal n’umugore we Miss Sandra Teta ,Chameleon na Palaso basigaye bacurangira mu kabari kamwe (Video))
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply