umu amakuru-  Col. Bagaza wahoze ari perezida w’u Burundi yapfuye | Umusingi

Bgaza  Col. Bagaza wahoze ari perezida w’u Burundi yapfuye

Please enter banners and links.

Bgaza

 

Umujyanama ushinzwe amakuru mu biro bya perezida w’u Burundi, Willy Nyamitwe, yemeje amakuru y’urupfu rwa Col.Jean Baptiste Bagaza, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter.

Yagize ati: “Ni impamo, uwahoze ari perezida  w’u Burundi Jean Baptiste Bagaza yatabarukiye, mu Bubiligi ku itariki 4/05/2016, mu gitondo. Yari umusenateri ubuzima bwe bwose”.

Amakuru y’urupfu rwa Bwana Bagaza yabanje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga ku wa Kabiri ariko Willy Nyamitwe yanyuze kuri izo mbuga nyine nawe, arayahakana avuga ko nta shingiro afite.

Si ubwa mbere urupfu rwa Bwana Bagaza ruhwihwiswa mu buryo bw’imburagihe.

Mu kwezi kwa Munani 2015, byavuzwe ko Jean Baptiste Bagaza yapfuye ariko mu kiganiro yahaye BBC Gahuzamiryango, yemeje ko akiri muzima kandi ko aho yari ari yari muzima avuga ko ari mutaraga.

Gusa yemeje ko nawe yari amaze iminsi abibona ku mbuga za interineti, ariko avuga ko kubibeshyuza bitoroshye.

Avugana na BBC, uyu mugabo wahoze ari umukuru w’igihugu cy’u Burundi yavuze ko yifuza kutuganirira ku bimaze iminsi mu Burundi bijyanye na politike.

Icyo gihe yatangaje ko muri make ku bwe ngo ibimaze iminsi biba byerekana ko ubutegetsi bunaniwe.

Bagaza yari kuzuzuza imyaka 70 y’amavuko mu kwezi kwa Munani uyu mwaka.

Yapfiriye mu bitaro mu Bubiligi nyuma y’igihe kinini arwaye.

Bwana bagaza wari n’umusirikare w’ipeta rya Koloneli, yategetse u Burundi hagati y’umwaka wa 1976 na 1987.

Ashimwa cyane kubera byinshi mu bikorwaremezo ndetse n’inganda biri mu gihugu, byubatswe ku butegetsi bwe.

Bwana Bagaza yavuye ku butegetsi ahiritswe na Majoro Pierre Buyoya mu mwaka wa 1987.

Leta y’u Burundi yatangaje iminsi itatu y’icyunamo mu kunamira Bwana Bagaza.Perezida wuBurundi Pierre Nkurunziza nawe akaba yemeje ayo makuru yurupfu rwa Bagaza abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Pierre Nkurunziza@pnkurunziza 7h7 hours ago

Uwahoze arongoye igihugu cacu Umukenguzamateka Bagaza yaryamiye ukw’abagabo. Imana imwakire. Ndahojeje umuryango n’abarundi bose.

Gatera Stanley

 

3,156 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.