umu amakuru- Umusingi

Umwe mu bahoze muri M23 yakatiwe gufungwa imyaka 6 muri Uganda

Please enter banners and links.

ss=”alignnone size-full wp-image-12755″ src=”http://www.umusingi.net/wp-content/uploads/2017/11/Dan-Munyamuntu-a-Congolese-national-who-was-found-with-illegal-guns-and-ammunitions-faces-court-at-Makenke-on-Thursday.jpg” alt=”” width=”1024″ height=”683″ />

Urukiko rwa gisirikare I Mbarara muri Uganda kuri uyu wa kane tariki 23 Ugushyingo 2017 rwakatiye imyaka 6 yigifungo  umugabo witwa Dan Munyamuntu wahoze muri M23 azira gutunga imbunda mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Nkuko Ikinyamakuru cyo muri Uganda chimpreports kivuga ko uyu mugabo ufite ubwene gihugu bwa Congo yatorotse mu nkambi ahitwa  Bihanga ajya ahitwa Kisoro afite imbunda.

Inzego z’ishinzwe ubutasi muri Uganda zivuga ko Dan Munyamuntu yari afite umugambi wo kugura imbunda buri imwe yayiguraga Amadorari ya Amerika 500 ndetse uyizanye akomwongera ibihumbi 20 by’amashilingi ya Uganda akaba yari amaze kugura imbunda 5.

Umuvugizi w’ingabo 2nd division  Peter Mugisa yavuze ko Dan Munyamuntu imbunda yari yazishyize mu ivarise nini ariko afatwa ageze kuri bariyeri.

Umucamanza mu rukiko rwa gisirikare witwa Col. Geoffrey Mujuni Rwamunyonyore yavuze ko ushinjwa icyaho cyo gutunga imbunda mu buryo bunyuranije n’amategeko yavuze ko icyaha kimuhama amukatira igifungo cy’imyaka 6.

Bamwe mu barwanyi ba M23 bahungiye mu gihugu cya Uganda abandi bahungira mu Rwanda ariko hakaba hari amakuru ko M23 ishobora gusubira muri Congo ariko yarahinduye izina.

2,710 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.