Umugabo yatemye umugore we amaboko yombi kandi atwite inda y’amezi 7
— March 14, 2016
Please enter banners and links.

Umukobwa yatwariye inda iwabo bityo ababyeyi be bamusaba ko ajya kubana n’umugabo wamuteye inda bakazakora ubukwe nyuma amaze kubyara kuko afite inda y’amezi 7.
Uyu mukobwa witwa Kabonesa Ninsiima ufite imyaka 27 yitwaraga neza ku mugabo we ndetse no mu muryango w’umugabo we bamukundaga cyane.
Ibintu byakomeye ubwo umugore yabonaga ku mafaranga akayabika mu nzu umugabo we arabimenya maze acunga umugore we atamubona akuraho ibihumbi Magana ane (400.000 Ug shs).
Uyu mugabo witwa Edrafu Busingye yajyaga agenda kuri bya bihumbi Magana ane akanywaho inzoga ndetse akaguriraho n’inshuti ze batuye ku cyaro kimwe cya Mabira bagasangira.
Uyu mugabo Edrafu Busingye n’umuhinzi cyane akaba yari yejeje imifuka y’ibigori 100 ayishyira mu nzu kugirango igiciro ku isoko nikizamuka azayigurishe .
Umugore we witwa Kabonesa Ninsiima avuga ko kuwa 5 yagarutse n’injoro arakaye cyane ,naramusujije aranyihorera ahubwo akavuga ankankamira mbona yinjiye mu nzu akuyeyo umuhoro .
Kaboneza agira ati “nagiye kubona mbona afashe umuhoro utyaye cyane atangira kumbwira ngo wa mugore we kuki unaniza kubona amafaranga?naramwinginze ngo atuze aranga ahubwo atangira ku ntema amaboko yombi no mu mutwe no mu mugongo hose ngwa hasi arangije ariruka nibwo navugije induru abo mu rugo iwacu barahurura basanga naguye hasi banjyana kwa muganga”.
Mbere y’uko amutema nkuko bigaragara mu Kinyamakuru kitwa Bukedde cya muri Uganda umugore yabwiye umugabo ko niba ari ibigori bituma arakara afateho imifuka 50 ayigurishe amusigire indi 50 nawe azayigurishe igiciro ku isoko cyazamutse ariko umugabo yanga kubyumva.
Uyu mugore akaba ari mu bitaro bya Mulago mu mujyi wa Kampala aho bamupfutse ibisebe biri ku maboko batemye no mu mutwe ndetse abaganga bakaba basuzumye niba umwana uri munda nta kibazo yagize ariko basanga umwana ari muzima na nyina basanga aho bamutemye mu mutwe bitakomerekeje ubwonko.
Abo bavukana barimo uwitwa Kumusiime na Mbaleeba Mbamanya bavuga ko mu bitaro babasabye amafaranga ibihumbi ijana na mirongo itanu ariko batayafite bakaba basaba abagira neza kubafasha bakavuza umuvandimwe wabo ntapfe kubera kubura ayo mafaranga.
Muhungu John
5,029 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply