umu amakuru- Ababyeyi birukanye umukobwa wabo w’imyaka 12 kugirango ajye gushaka umugabo | Umusingi

Ababyeyi birukanye umukobwa wabo w’imyaka 12 kugirango ajye gushaka umugabo

Please enter banners and links.

Kuwa 13 Kamena 2017 ahitwa I Kawempe muri Uganda haravugwa inkuru y’umukobwa w’imyaka 12 wajyanye ababyeyi be kuri Polisi kubera bamwirukanye ngo ajye gushaka umugabo.

Umwana witwa Nakayiwa yabwiye abanyamakuru ko ababyeyi be bamaze igihe bamuhohotera kugeza n’ubwo bigeze kumusukaho igikoma gishyushye kikamwotsa amaboko.

Ise w’umwana witwa Yusufu Kimera we yavuze ko aribwo yarakiva muri Sudan y’Epfo asohotse agiye aho yaparitse imodoka agarutse asanga umwana yagiye nyina arimo kwitonganya.

Ritah Nakuya ushinzwe abana yavuze ko ababyeyi bakwiye kwita ku bana cyangwa bakare kubyara abo badashoboye kurera kuko nibababyara ntibabarere amategeko azajya abahana.

Umwe mu baturanyi aho uyu mwana yari atuye yagize ati “abagabo bakwiye kujya bita ku bana kuko hari igihe umwana ashobora guhohoterwa na muka se umugabo adahari ariko buri mugabo uba ukwiye kugaruka mu rugo ukaganira n’abana bakakubwira ibibazo bahura nabyo ariko iyo uje ntubavugishe ukazinduka ugenda bimwe mu bibazo abana bahura nabyo n’ink’ibi”.

Uyu mwana yagaragaye kuri Polisi ya Kawempe afite amashashi arimo imyenda ye avuga ko ari nyina wayimujugunyiye hanze akamubwira ngo ajye gushaka umugabo.Namakuru dukesha Bukedde TV yomwe kuri uyu munsi uwo mu bona ku ifoto ni umunyamakuru wasomaga amakuru.

Muhungu John –Kampala

 

2,138 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.