Gakenke:Umuforomo arakekwaho guha umubyeyi igipupe akiba uruhinja rwe
— August 24, 2016
Please enter banners and links.

Mu bitaro bya Ruli mu karere ka Gakenke haravugwa inkuru y’umubyeyi witwa Nzamwitakuze Brigitte wahabyariye umwana ku wa mbere tariki ya 22 Kanama 2016,ngo umuforomo amubwira ko umwana we yapfuye, bagiye kumushyingura basanze mu gikarito harimo igipupe ndetse n’amabuye abiri.
Umuforomo witwa Byukusenge Betty wakoreraga muri serivisi yo kwita ku bana bavutse batuzuye muri ibi bitaro ni we ukekwaho kwiba uyu mwana.
Byukusenge yari atwite ariko ngo yajyaga abwira abantu ko inda ye yari kuzavuka mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka.
Kuva muri 2014 ubwo Byukusenge yashyingirwaga ngo ntiyigeze abasha kubyara, aho bivugwa ko yasamaga zikavamo.
Polisi yo mu Ntara y’Amajyaruguru yatangaje ko uyu muforomo yamazze gutabwa muri yombi akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruli kuko ibizamini byagaragaje ko atabyaye na ho umwana akaba yamaze gusubizwa nyina.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’amajyaruguru, IP Gasasira Innocent yagize ati” Ubu uwo muforomo ukekwaho kwiba umwana tumaze kumufungira kuri sitasiyo ya polisi ya Ruli mu karere ka Gakenke kuko nta kimenyetso kigaragaza ko yabyaye”.
Uwo mwana wavutse ku wa Mbere yasubijwe nyina kuko yari yabazwe n’ubundi yari akiri mu bitaro kandi umwana wavutse iryo joro aba agaragara.

Igipupe bamuhangitse
Amakuru aturuka ku bitaro bya Ruli aravuga ko uyu Byukusenge ngo atakoreraga muri serivisi yaho babyarira (maternity) ko bishoboka ko haba hari n’abandi bamufashije muri uwo mugambi mubisha wo kwiba uruhinja .
Ingingo ya 224 yo mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko umuntu wambura ku maherere umwana ababyeyi be cyangwa abo yarindishijwe cyangwa abo asanzwe abana na bo,ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe (1) kugeza ku myaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu (50.000) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000).
Umuco cyangwa ingeso zo kwiba abana zajyaga ziba mu bindi bihugu mu Rwanda zitarahagera.
Umusingi1@gmail.com
3,093 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply