Perezida Museveni yangiye Bebe Cool kugira icyo avuga asohoka mu nama aragenda.
— January 5, 2021
Please enter banners and links.

Umunsi w’ejo mu gihugu cya Uganda Perezida Museveni yahuye n’abahanzi n’abandi bantu bakoresha imbugankoranyambaga ba NRM bakoze mu gihe cyo kwiyamamaza kwe ahitwa muri West Nile.
Muri iyo nama umuhanzi Bebe Cool yamanitse ukuboko ashaka kugira icyo avuga maze Museveni aramubwira ngo wacha wacha mu giswahiri amwima ijambo.
Bebe Cool hashize akanya gato yasohotse nk’ugiye kwihagarika arasohoka yinjira mu modoaka ye aritahira ikintu abahanzi bagenzi bafashe nko kwigaragambya kuri Perezida ndetse bamunenga ko izo ari ngeso mbi.
Umuhanzi witwa DJ Micheal nawe wari watumiwe muri State house yavuze ati “Bebe Cool natava mu bintu bya politike ngo aze mu bahanzi ntacyo bizamumarira kuko ahora ashaka guhangana na Bobi Wine kandi Bobi Wine twese tuziko ubu yabaye umunyapolitike rero akwiye kuza mu bahanzi bagenzi be kandi akareka umutima mubi agira”.
DJ Micheal akaba yavuze ko Museveni yahaye Bebe Cool Studio yo gufasha abana bashaka kuba abahanzi ariko Studio ashyira mu rugo iwe abana bajyayo kugirango abafashe imbwa za Bebe Cool zikabirukansa bagatinya gusubira aribyo bituma Perezida Museveni atakimuha ijambo kuko ntacyo arimo gufasha urubyiruko.
DJ Micheal akomeza avuga ko abantu baba bashinzwe kujyana abantu guhura na Perezida baba bafite ishyari ryo kubatwarayo kuko ngo Museveni yabwiye umuhanzi Catherine Kusasira ko azatwara DJ Micheal muri State House ariko ngo yatangajwe ni uko yatwawe na Full Figure bagera kwa Perezida Museveni agasanga uwo bamushinze kumutwara ariwe Catherine Kusasira yicayeyo atamubwiye.

Hano bari bicaye muri State house bataegereje guhura na Perezida Museveni

Bebe Cool
Bamwe mu bantu bagera I bukuru kwa Perezida Museveni babigize business ku buryo hari abatanga Miliyino nka 20 cyangwa 50 kugirango bazabajyane guhura na Perezida Museveni nkuko mu minsi yashize hari abareze Catherine Kusasira na Pastor Mondo ko babahaye Miliyoni zigera muri 200 kugirango bazabatware kubonana na Perezida Museveni bikarangira batabatwayeyo kandi ntibasubizwe amafaranga yabo.
Ese Bebe Cool wigaragambije agasohoka mu nama itarangiye buriya azongera gusubira kwa Perezida Museveni?Ese birakwiye ko niba Perezida akwimye ijambo usohoka mu nama itarangiye ukagenda?Ese sibyo Bobi Wine yavuze cyera ko Bebe Cool agira umutima mubi atifuriza abandi gutera imbere?tuzabagezaho ibyo Bebe Cool azavuga kuri iki kibazo.
Muhungu John-Kampala
3,063 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply