umu amakuru-  CVT yizihije umunsi mpuzamahanga w’umwana w’umunyafurika | Umusingi

Abana  CVT yizihije umunsi mpuzamahanga w’umwana w’umunyafurika

Please enter banners and links.

Abana

 

Umunsi mpuzamahanga w’umwana w’umunyafurika  mu Rwanda wijihijwe taliki ya 18/06/2016, kimwe n’indi miryango iharanira uburenganzira bw’umwana, Chilidren’s Voice Today-CVT k’ubufatanye na Save the Children.

 Bateguriye abana batuye mu  Akarere ka Nyarugenge uyu munsi mukuru, ukaba warabereye mu kigo cy’Amashuri abanza cya Kivugiza mu Murenge wa Nyamirambo.

Uyu munsi  mukuru wari ugamije kongera gukangurira inzego zitandukanye, abarezi ndetse n’ababyeyi  kurinda umwana imirimo ivunanye ndetse n’ihohoterwa . Ibi bikaba byaragiye bigarukwaho n’Inzego zitandukanye  ndetse no m’ubutumwa bwatanzwe n’abana ubwabo.

Norbert RUTEBUKA Umuhuzabikorwa wa Children’s Voice Today ,yagarutse ku impamvu nyamukuru bibanzeho, avuga ko bibanze cyane  kukibazo cy’abana bakora akazi ko m’urugo ko n’abo bagomba kugira  uburenganzira nk’abandi bana aho gukoreshwa imirimo ibavuna.

CVT ifasha urubyiruko mukubigisha imyuga iciriritse ,uyu munsi bafite abana 50 barimo kwiga imyuga itandukanye (guteka, ubudozi,  kuboha imisatsi no kogosha.

Yakomeje avuga ko umwana hari amategeko atamenya kandi yakagombye kuyamenya ,ati ibyo nibyo twibandaho gufasha  abana kumenya uburenganzira bwabo.

Abana

Norbert RUTEBUKA yagize ati “Amasezerano mpuzamahanga y’umurimo arabivuga ko umwana wese uri munsi y’imyaka 16 ko atemerewe gukora umurimo umuvuna”.

CVT rero ikora ubukangurambaga ku bakoresha ibakangurira ko umwana agomba gufatwa nk’abandi bana ndetse akaba yanasubizwa mw’ishuri, nk’uko iyi nsanganyamatsiko y’uwo munsi ibivuga.

Abana 2

“UBURERE BWIZA NI UMUSINGI W’EJO HEZA H’UMWANA ”.

Bayobozi b’Inzego zitandukanye,Babyeyi ,Barezi, Miryango iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu  n’undi wese wumva ko umwana ariwe Rwanda rwejo, dukore iki ngo umwana arengerwe bikwiye arindwa impamvu yose yamubuza amahirwe y’ubuzima bw’ejo hazaza?

Jean Baptiste Ndayiragije

 

3,750 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.