Abafungwa bagiye kwemererwa gukora imibonanompuzabitsina
— January 9, 2017
Please enter banners and links.

Abadepite bashinzwe uburenganzira bwa muntu mu Nteko ishingamategeko yo muri Uganda basabye ko Infungwa n’abagororwa bakwemererwa gukora imibonano mpuzabitsina nabo bashakanye kugirango bakire ibibazo byo gushaka gukora imibonano ntibayibone.
Komisiyo y’Abadepite iyobowe na Depite Jovah Kamateka mu cyumweru gishize yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’urwego rushinze imfungwa n’abagororwa bahagarariwe na Commissioner Johnson Byabashaija kugirango Abafungwa nabo bahabwe uburenganzira bwabo kuko nabo n’abantu.
Bamwe mu badepite barimo Gilbert Oulanya na Simeo Nsubuga babwiye Commissioner Johnson Byabashaija ko bakwiye gushyiriraho Imfungwa n’abagororwa cyane cyane abakatiwe igihe kirekire aho bajya bahurira n’abagore babo cyangwa abagabo babo bagakora imibonano mpuzabitsina rimwe na rimwe igihe kizagenwa uko bizajya bikorwa aho kugirango nibashaka imibonano bakayibura bikabaviramo ubutinganyi .
Ikindi ni ugufasha imiryango gukomeza kubana ndetse no gufasha Leta kuko abashakanye iyo umwe akatiwe igihe kirekire uwasigaye mu rugo ageraho akajya gushaka uwo bakorana imibonano mpuzabitsina rimwe na rimwe bakandurirayo indwara zitandukanye harimo na SIDA.
Oulanya yavuze ko umugabo iyo afunzwe agakatirwa wenda imyaka 5 kuzamura agasiga umugore n’umwana umwe iyo agiye kugaruka asanga umugore afite abana 4 cyangwa 3 ati “ibi bikwiye gucika bakemererwa gukora imibonano mpuzabitsina kuko ari abafungwa barayikenera nababa basigaye mu rugo barayikenera kandi baba barasezeranye kubana mu bibi n’ibyiza ariyo mpamvu no mu bibi bakwiye kubareka bakajya babonana bakishimishaho agahe gato”.
Hari bamwe mu Badepite barimo Kenneth Lubogo bahakanyije iki gitekerezo avuga ko ataribyo imfungwa gukora imibonano mpuzabitsina.
Ese no mu Rwanda bazageraho bemerere imfungwa n’abagororwa gukora imibonano mpuzabitsina dore ko usanga no muri za gereza zitandukanye harimo ubutinganyi?tuzabibaza abo bireba twumve icyo babivugaho hanyuma tubibagezeho.
Byashyizwe mu Kinyarwanda na Muhungu John-
Kampala
2,562 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply