Guverineri CG (rtd) Emmanuel Gasana yahagaritswe ku mirimo kandi hari ibyo akurikiranyweho
— October 25, 2023
Please enter banners and links.

Perezida Paul Kagame yahagaritse mu mirimo CG (rtd) Gasana Emmanuel wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba kubera ibyo agombwa kubazwa akurikiranyweho. Itangazo rimuhagarika ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, ntabwo risobanura byimbitse ibyo Gasana akurikiranyweho.
Cg (rtd) Gasana yagizwe Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba muri Werurwe 2021.
Byari nyuma y’amezi icumi ahagaritswe ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, icyo gihe nabwo byavugwaga ko hari ibyo akurikiranyweho.
Byashoboka ko nanone nyuma y’igihe runaka twazongera tukumva yahawe izindi nshingano kuko atari ubwa mbere ahagaritswe ndetse bivugwa ko hari ibyo akurikiranyweho cyangwa se kuri ubu akaba ashobora no gufungwa kubera ko iyo ukurikiranyweho no gufungwa biba bishoboka.

Perezida Kagame na rtd Gen Gasana Emmanuel inyuma yabo hariyo Gen Kabarebe nawe washyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru



Mbere yo kuba Guverineri w’Intara y’Amajyepfo mu 2018, Gasana yabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka icyenda.
Muri Nzeri uyu mwaka, CG Gasana na bagenzi be bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru muri Polisi y’u Rwanda.
3,086 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply