Abantu batangajwe n’uburyo Perezida Museveni akunzwe n’Abanyarwanda
— June 24, 2022
Please enter banners and links.

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yashimiye Abanyarwanda uko bamwakiriye ubwo yageraga i Kigali yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zo mu Muryango wa Commonwealth , CHOGM, iri kubera mu Rwanda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane Perezida Museveni abinyujije kuri Twitter, yashyizeho ifoto ari kwinjira mu ndege ya gisirikare, avuga ko yerekeje i Kigali.
Nyuma y’amasaha make, yagaragaye ari ku mupaka wa Gatuna, ari gusuhuza abaturage bari bahari ari nabwo yakirwaga na Minisitiri ushinzwe Ibikorwaremezo, Dr Ernest Nsabimana.
Amakuru twamenye ni uko Museveni yakoresheje Kajugujugu ikamugeza hakurya y’Umupaka wa Gatuna ubundi akambuka agana mu Rwanda akoresheje imodoka.
Urugendo rwe yahise arukomereza mu Mujyi wa Kigali, aho yageze asanga abaturage benshi ku mihanda biteguye kumwakira. Mu nyubako zitandukanye za Nyabugogo abaturage bari ikivunge bapepera uyu muyobozi.


Abanyarwanda bishimiye Perezida Museveni wa Uganda ageze mu Rwanda
Muri ibi bice kuzamuka kugera ku Muhima ugakomereza mu Mujyi wa Kigali rwagati na Kimihurura umutekano wari wakajijwe.
Abinyujije kuri Twitter, Perezida Museveni yavuze ko yishimiye uko Abanyarwanda bamwakiriye.
Ati “Nageze i Kigali mu Rwanda, aho nitabiriye Inama ya 26 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zigize Commonwealth (CHOGM). Ndashimira Abanyarwanda ku ikaze mwampaye. Murakoze cyane!
Museveni agiriye uruzinduko mu Rwanda mu gihe ibihugu byombi byatangiye inzira yo kuzahura umubano wabyo no kwiyunga.
Yaherukaga mu Rwanda mu 2017 ubwo habaga ibirori byo kurahira kwa Perezida Kagame.


2,916 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply