umu amakuru-  Kiir yategetse kwica Dr. Riek Machar cyangwa bakamumuzanira ari muzima | Umusingi

Kiir  Kiir yategetse kwica Dr. Riek Machar cyangwa bakamumuzanira ari muzima

Please enter banners and links.

Kiir

 

Perezida wa Sudan y’Epfo Gen. Salva Kiir yategetse umukuru w’ingabo witwa Gen. Paul Malong Awan ati ndashaka Machar ari muzima cyangwa yapfuye nakunanira niwowe uri bubazwe ibye.

Gen. Paul Malong Awan ako kanya yahise abwira abasirikare ati mufate imbunda ,imihoro n’ibindi byose birwanishwa tujye guhiga Machar.

Abasirikare bahise bazifata byihuse berekeza ishyamba batangira umuhigo wo kwica Machar ariko bikaba bigoye kumubona kuko nawe afite ingabo ze ndetse zikomeye ku buryo ziherutse kurwana zica abantu benshi.

Kiir South

Perezida Kiir ategeka umugaba w’Ingabo Gen. Paul Malong Awan kujya guhiga Machar makamwica cyangwa bakamumuzanira ari muzima akamubaza niba ashaka gupfa

Gen. Paul Malong Awan abasirikare be ko bashakira Kiir ahagana ku mupaka uhuza Sudan y’Epfo na DR Congo kuko ngo bafite amakuru ko yashakaga guhungira muri Congo.

Gen.Paul Malong Awan yabwiye Lt. Gen. Mangar Buong Aluenge ushinzwe imikwabu mu gisirikare ko ashakisha buri hantu hose bakahasaka no mu mazu hose ndetse na buri muntu bakamusaka kuko ashobora kuba yihishe mu nzu ,ati mu mufate nashaka kurwana mu mwice.

Kiir

Gen.Kiir yari amaze kurahiza mushuti wa Machar ku mwanya wa Visi Perezida asimbuye Machar wanze kugaruka ku kazi Perezida Kiir akamuha amasaha 48 kuba yagarutse Juba ku kazi ariko ntiyagaruka.

Amakuru Ikinyamakuru Umusingi cyatohoje ni uko ubwo Perezida Museveni yagaragaye yicaye ku muhanda avugira kuri Telephone yavuganaga na Perezida wa Sudan y’Epfo bavugana uburyo Museveni agomba kumufasha bakica Machar.

Perezida Museveni avugwaho uruhare mukwica John Garanga washakaga ko Sudan icikamo ibice bibiri kuko Garanga yari inyeshyamba akaba yarapfuye umunsi ava guhura na Perezida Museveni.

Nubu Perezida Museveni afite uruhare runini mu ntambara irimo kubera Sudan y’Epfo ,umunsi imirwano itangira abasirikare ba Gen.Kiir barasanye naba Machar Perezida Kiir yahise aza Kampala muri Uganda guhura na Perezida Museveni.

Museveni benshi bemeza ko ariwe nyirabayaza w’ibibazo by’intambara ziri muri Afurika y’Iburasirazuba kuko na Perezida Nkurunziza yari yakorewe Coup d’Etat ariko yirukira kwa Museveni amusubiza kubutegetsi none reba Sudan ni uko.

Muri DR Congo naho Perezida Museveni yagize uruhare rw’ibibazo by’intambara kuko yari yahaye Perezida Kabila amabwiriza kuko ariwe wagize uruhare mukumushyiraho ashaka kumutegeka.

Perezida Kiir akaba yohereje indege mu mashyamaba ziteramo ibibombe bakeka ko ariho Machar yihishe n’ingabo ze.

Kiir yategetse ko indege za LONI ziraswa kuko abona zishobora kumuteza ibibazo.

Indege zo mubwoko bwa Mi17 nizo zoherejwe mu mashyamba ahitwa Maridi zitera ibibombe birenga 10 n’abasirikare barasa urufaya rw’amasasu menshi hagamijwe kwica Machar n’undi wese wihishemo.Machar akaba akurikiranyweho icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi .

Umuvugizi wa Machar witwa James Gatdet Dak yatangarije Ikinyamakuru cyo muri Sudan kitwa Sudan Tribute ko Perezida Kiir yohereje indege ze mu mashyamba Kuwa kabiri no kuwa gatatu zikarasa zigaterayo n’ibibombe byinshi.

Umuvugizi wa UN witwa Farhan Haq ari muri New York yavuze ko Perezida Kiir kwirukana Machar bigiye gusubiza igihugu cya Sudan mu ntambara.

Gatera Stanley

3,286 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.