umu amakuru-  Amasasu yongeye guturika muri Sudan y’Epfo 270 bahasiga ubuzima | Umusingi

13606790_1293383137346126_2855402164972260587_n  Amasasu yongeye guturika muri Sudan y’Epfo 270 bahasiga ubuzima

Please enter banners and links.

13606790_1293383137346126_2855402164972260587_n

 

Abantu benshi bamaze gupfa abamaze kumenywa umubare wabo bakaba ari 270 muri  Sudan y’Epfo mu mujyi wa Juba intambara ikaba iri hagati y’abasirikare ba Leta n’abarinda Visi Perezida  Dr. Riekh Machar Teny Dhurgon.

Intambara isa niyatangiye bushya kuko mu minsi yashize hari harajemo agahenge kubera imishyikirano yabaye yo guhagarika imirwano.

13592601_1293377597346680_5453161588706097812_n

13606497_1293383420679431_8190789267375482348_n

13654410_10209037933361630_448926243790740208_n

13631433_10209037938201751_8500368228957105784_n

Uyu munsi ku cyumweru Talike 10 Nyakanga 2016 nibwo amasasu menshi yaturikaga arusha inkono iri kuziko gutogota aho bamwe bahise bazinga utwihuse batangira guhunga igihugu.

Iki gihugu gifite Abanyarwanda benshi bagiyeyo gushakisha imibereho bamwe bakora ubucuruzi bw’ibiribwa n’ibindi bitandukanye ariko cyane hakaba hariyo abakobwa bakora uburaya ari benshi.

Uretse kuba hariyo Abanyarwanda benshi hariyo Abagande benshi cyane dore ko bazi no gucuruza ndetse hakaba hariyo nandi moko menshi kuko iki gihugu intambara ya mbere ikirangira ubwo Sudan y’Epfo yiyomokoraga kuri Sudan ikaba igihugu ukwacyo hari amahirwe menshi yo kubona akazi kuko igihugu cyariyubakaga ariyo mpamvu abantu benshi birukiyeyo bajya gushakirayo imibereho.

Ibihugu bitandukanye byagiye byoherezayo Ingabo kurinda umutekano ndetse n’igihugu cy’uRwanda kikaba cyarazohereje mu mutwe w’Ingabo zibumbuye hamwe za LONI.Inkuru irambuye tuzayibagezaho uko imirwano ikomeje.

Rwego Tonny

2,565 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.