Umuhanzi Dan Runyange yamennye amabanga yabitse imyaka 25 harimo kuvugisha umutwe w’umuntu.(Vidio)
— June 2, 2020
Please enter banners and links.

Umuhanzi Dan Runyange uririmba indirimbo zihimbaza Imana yaganiriye N’ikinyamakuru Umusingi gifite na Youtube yitwa Umusingi TV maze avuga ibintu bitangaje byatumye yakira agakiza.
Dan Runyange uzwi mu ndirimbo nka Mana dukize uburetwa yagize ati « Hari ibintu numva ndambiwe kubigira ibanga kubera ko byari bibi. Kuba Imana yarampaye agakiza niyo mpamvu mbivuze kugirango n’abantu babimenye ndetse n’abandi bagikora ibyaha babireke ».
Umuhanzi Dan Runyange akaba afite impano yo gusengera abantu bagakira nkuko tuzabagezaho ikindi kiganiro atubwira uburyo afite iyo mpano ndetse n’abatangabuhamya.
Mubyo Dan Runyange avuga ko amennye amabanga avuga ko cyera akiba mu gihugu cya Uganda hari ibintu bakoraga bitari byiza aho bazengurukaga igihugu cyose babeshya abantu ko bavugisha umutwe w’umuntu abantu bakishyura ari benshi kandi ari ukubashushanya.
Avuga ko bafataga imeza bakayipfumuramo umwenge munini maze mu mpande zayo bagashyiraho ibirahure ku buryo uhagaze harya atabona ikiri munsi y ‘ameza maze bagafata umuntu bakamwicaza muri ya meza umutwe we ukanyuzwa muri wa mwenge bakasemo umutwe we ukaba ariwo ugaragara ku meza umeze nkuwo bateretseho ariko bawusize amakara.
Ibyo bintu ngo abantu bazaga kureba uburyo umutwe uvuga bakishyura amafaranga ariko ibyo bintu Dan Runyange akaba avuga ko bitari byiza kubeshya abantu n’ubwo yabonaga amafaranga menshi bityo ahitamo kubivamo yakira agakiza ubu akaba ashimira Imana yabimukijije.
Avuga ibintu byinshi yakoraga akiri umunyabyaha kuko ngo iyo babonaga amafaranga muri ibyo bintu bajyaga kunywa inzoga bakajya no mu buraya ndetse n’ibiyobyabwenge byose babinywa ariko ubu akaba ashimira Imana yamukijije ibyo byaha ikamuha ubuzima bwiza ubu akaba ari umuhanzi ukomeye ndetse Imana ikaba yaramuhaye umugore n’abana ubu akaba afite urugo rwiza.
Noella
2,647 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Abahanzi bavukana Weseal n’umugore we Miss Sandra Teta ,Chameleon na Palaso basigaye bacurangira mu kabari kamwe (Video))
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply