Ese TMC gusohora indirimbo ye wenyine yitwa “Ntega amatwi”, bivuze ko Dream Boys yasenyutse?
— January 17, 2020
Please enter banners and links.

Umuhanzi Mujyanama Claude wamenyekanye nka TMC muri Dream Boys yashyize hanze indirimbo ye nshya “Ntega amatwi” yasohotse mu gihe hakomeje amakuru avuga ko iri tsinda mu gusenyuka bitewe n’ibikorwa byabo.
Iri tsinda ntirikigaragara cyane muri muzika ndetse ntirikivugwa nkuko ryahoze igihe ryari rikomeye ku buryo usanga abantu bibaza aho ryagiye ndetse hakaba abavuga ko ryasenyutse kimwe n’andi nka Just Family,The brothers n’andi atandukanye.
“Ntega amatwi” ibaye iya gatatu TMC yumvikanyemo mugenzi we baririmbana muri Dream Boys batari kumwe.
Iyi ndirimbo isohotse mu gihe amagambo ari menshi mu bakurikiranira hafi ibya muzika, benshi muri bo bahamya ko itsinda rya Dream Boys riri mu marembera kubera ko buri wese muri ryo yatangiye kwikorana ukwe.
Platini nawe muri iyi minsi yamaze guca undi muvuno cyane ko yamaze gutangira kujya yikorana indirimbo wenyine.
Uyu afitanye indirimbo “Motema” na Nel Ngabo, abakunzi b’umuziki biteguye indirimbo nshya “Fata amano” ya Platini na Safi Madiba.
Usibye iyi ndirimbo ariko kandi Platini aherutse kugaragara muri Tanzania ari muri studio na Rayvanny urugendo TMC yavuze ko atigeze amenya.
Icyakora nubwo yagaragaye ari kumwe na Rayvanny amakuru avuga ko nta ndirimbo aba bombi bakoranye cyane ko Platini yakoze iye wenyine.
TMC yavuze ko atazi icyihishe inyuma y’amakuru avuga ko Dream Boys igiye gusenyuka,aganira na biumwe mu binyamakuru muri iki cyumweru yagize ati “Dream Boys ni ikintu kinini si ukuba turirimbana gusa, itsinda ntaho rizajya.”
“Usibye iyi ndirimbo, nubwo zaba icumi zanjye cyangwa za Platini ntabwo bivuga ko itsinda ryaba ryasenyutse, aho ndi cyangwa ari twese tuba twambaye isura ya Dream Boys. Uhinyuza ko turi kumwe ngaho naduhe akazi arebe ko atubura.”

Umuhanzi TMC
TMC yavuze ko baramutse bahamya ko bahari nyamara barasenyutse ari impano itari nziza baba bahaye abafana babo babagiriye icyizere bagatuma Dream Boys ibaho.
Iyi ndirimbo nshya ya TMC mu buryo bw’amashusho yakozwe na Ma Riva mu gihe amajwi yayo yakozwe akanatunganywa na Fazzo.
3,582 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Abahanzi bavukana Weseal n’umugore we Miss Sandra Teta ,Chameleon na Palaso basigaye bacurangira mu kabari kamwe (Video))
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply