Burundi: Abanyamakuru 4 basabiwe gufungwa imyaka 15 no gufatira ibikoresho byabo
— January 1, 2020
Please enter banners and links.

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi avuga ko Umushinjacyaha yasabiye banyamakuru bane b’ikinyamakuru Iwacu gufungwa imyaka 15 nyuma yo kubashinja guhungabanya umutekano w’Igihugu.
Iburanisha ryabereye mu rukiko rukuru ruri mu ntara ya Bubanza, aho aba banyamakuru uko ari bane bashinjijwe gufasha umutwe w’abitwaje intwaro bagabye igitero muri komine musigati.
Térence Mpozenzi, Agnès Ndirubusa, Egide Harerimana, Christine Kamikazi n’umushoferi wabo Adolphe Masabarakiza bafashwe igihe barimo bakurikirana igitero cy’abitwaje intwaro cyabaye mu ntara ya Bubanza.
Muri uru rubanza, umushinjacyaha wa repubulika yasabye ko n’ibikoresho byabo birimo n’imodoka, ama terefone n’udutabo twabo n’ama camera, bifatwa bigashyirwa mu mutungo wa leta y’Uburundi.
Abacamanza baburanishaga uru rubanza bahisemo kurukomereza mu muhezo rukaba ruzasomwa bitarenze iminsi 30 ruburanishijwe.
Abo banyamakuru bafunzwe ku wa 22 z’Ukwakira 2019 bakekwaho “kugira uruhare mu ihungabanywa ry’umutekano w’igihugu”, ariko bo bakomeza kubihakana bavuga ko bafashwe bari gukora umwuga wabo wo gutara amakuru.
Mu kwezi k’ Ugushyingo 2019, umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’Ububanyi n’amahanga mu Burundi yaburiye Abanyamakuru bo muri iki Gihugu ko abazashaka guhungabanya umutekano w’Igihugu bazahura n’uruva gusenya.
Mu minsi ishize mu kiganiro n’Abanyamakuru Perezida Pieree Nkurunziza yabajijwe kuri aba banyamakuru avuga ko bagomba kubahana nk’abandi banyagihugu ko we atakwivanga mu rubanza rugikomeza ko ahubwo uruhare rwe runabaye rwaza nyuma y’iburanisha.
Imiryango mpuzamahanga itandukanye ivuga ko aba banyamakuru bakwiye gufungurwa kuko bafashwe bakora akazi ko gutara amakuru ,igashinja Leta y’uBurundi kubangamira ubwisanzure bw’itangazamakuru.

3,282 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply