Perezida Kagame yashyizeho abasenateri 4 barimo Dr Iyamuremye, Nyirasafari wari Minisitiri , Dr Mukabaramba na HABIYAKARE François
— September 21, 2019
Please enter banners and links.

Ashingiye ku Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, Perezida Paul Kagame Kuwa 20 Nzeli 2019 yashyizeho abasenateri bane mu munani yemererwa n’itegeko, barimo Dr. Iyamuremye Augustin, Nyirasafari Espérance, Habiyakare François na Dr Mukabaramba Alvera.
Ni abasenateri bashyizweho nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu, Komisiyo y’igihugu y’amatora yemeje abasenateri 14 batowe bahagarariye inzego zitandukanye zirimo Intara n’Umujyi wa Kigali, amashuri makuru na kaminuza bya leta n’ibyigenga hamwe n’abahagarariye imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda.
Dr Mukabaraba amaze igihe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage; Habiyakare yari asanzwe ari Perezida w’inama y’abakomiseri ba Komisiyo y’igihugu ishinzwe abakozi ba Leta; Dr Iyamuremye ni umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye naho Nyirasafari yari Minisitiri wa Siporo n’Umuco.
Abandi basenateri bemejwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora
Abasenateri bagize Sena y’u Rwanda ni 26 barimo 12 batorwa mu Ntara, Abasenateri umunani bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, abasenateri bane bashyirwaho n’Ihuriro nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda, abasenateri babiri baturuka muri za Kaminuza cyangwa ibigo by’ubushakashatsi, umwe mu bigo bya Leta undi muri byigenga.
Kuri uyu wa Gatanu Perezida wa NEC, Prof Kalisa Mbanda, yatangaje bya burundu abasenateri batowe mu nzego zitandukanye. Mu Mujyi wa Kigali hatowe Ntidendereza William, mu Ntara y’Amajyaruguru hatorwa Dr. Laetitia Nyinawamwiza na Dr. Faustin Habineza; mu Ntara y’Amajyepfo hatorwa Umuhire Adrien, Nkurunziza Innocent na Uwera Pelagie.

Dr Iyamuremye asanzwe ayobora Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye

Nyirasafari yari asanzwe ari Minisitiri wa Siporo n’Umuco

Dr Mukabaramba yagizwe umusenateri nyuma y’igihe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minaloc

Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda ryo ryatoye Nkunsi Juvénal wo mu Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD) na Uwamurera Salama wo mu Ishyaka Ntangarugero muri Politiki (PDI) nk’abazarihagararira muri Sena.
Prof Mbanda yavuze ko amatora y’abasenateri yagenze neza haba ku biyamamaza n’abari bafite imirimo ijyana n’amatora.
Ati “Amatora yagenza neza cyane kubera ubufatanye n’imikoranire n’abafatanyabikorwa banyuranye duhereye ku bakomiseri ba komisiyo, abakozi ba komisiyo, abakorerabushake n’inzego zinyuranye za leta n’abikorera ku giti cyabo.”
Perezida Kagame azatangaza abandi bazajya muri Sena nyuma y’umwaka
Mu miterere y’umutwe wa Sena, hari abasenateri bashyirwaho nyuma y’umwaka manda nshya itangiye, kugira ngo mu mikorere ya Sena hatabaho icyuho by’umwihariko mu nshingano yo kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amahame remezo no kwemeza abayobozi.
Mu basenateri bane bashyirwaho n’Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki, babiri batangirana na manda nshya, abandi bakazashyirwaho nyuma y’umwaka. Naho mu basenateri umunani bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, ku ikubitiro hashyirwaho bane, abandi bane bakazinjira muri sena nyuma y’umwaka.
Ibyo biterwa n’uko bitandukanye n’umutwe w’abadepite, Sena ntijya iseswa ndetse nta gihe imirimo ya Sena irangira ngo habeho igihe muri Sena nta bantu barimo kubera imiterere y’inshingano zayo. Ni yo mpamvu abagiye kujya muri Sena uyu mwaka bazaba ari abasenateri 20 kuri 26.
Muri Sena irimo kurangiza imirimo, abasenateri bashyizweho nyuma bazanasoza manda yabo mu mwaka wa 2020 ni Prof. Karangwa Chrysologue, Kalimba Zephyrin, Uwimana Consolée na Nyagahura Marguerite bashyizweho na Perezida wa Repubulika.
Bazarangiriza manda icyarimwe n’abashyizweho n’Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya politiki, ari bo Uyisenga Charles na Mukakalisa Jeanne D’Arc.
4,611 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply