Amaze imyaka 40 arya abantu
— April 10, 2016
Please enter banners and links.

Maze imyaka myinshi naribagiye inyama y’inka cyangwa iyi hene kuko niriraga inyama z’abantu .
Ngo hari abajyaho bakavuga ko ingurube iryoha wapi ,abandi bakavuga inkoko wapi haryoha inyama y’umuntu cyane cyane ikibuno ,ibere n’izuru.
Nkubwire ntakubeshye ,iyo wize kurya inyama y’umuntu iraryoha cyane ,abo bavuga ngo Inkoko iraryoha cyangwa ingurube (Akabenzi)n’Inka baribeshya cyane kuko inyama y’umuntu yo irarenze mukuryoha.
Tuzi n’ibice biryoha cyane ku buryo hari ibice turwanira iyo twayibonye cyane cyane turwanira ikibuno ,ibere ,n’izuru kuko nibyo biryoha cyane ku mubiri.
Abacuraguzi ku cyaro tuba tuziranye ,iyo tubonye umuntu wapfuye turagabana ,mukugabana niho turwanira buri umwe ashaka ikibuno ,undi ashaka ibere abandi bashaka izuru ,ugasanga turabirwanira.

Nkuko tuba tuziranye ,umwe muri twe iyo abonye umuntu wapfuye aramutematema akohererezaho bagenzi be kuko niwo muco wacu nta wabona ngo acure undi.
Ssande Mukasa wo mu gihugu cya Uganda agira ati “gucuragura biragora kuko hari igihe ubona umuntu muzima ukumva uramwifuje kumurya ugatangira gupanga uburyo wamwica ukamurya”.
Ssande akomeza avuga ati hari umunsi umwe twabonye umugore turamwifuza maze tumutega amahwa munzira ari ninjoro ayagwamo turamutematema turamurya ,uwo niwe wa mbere nariye ari muzima abandi nabo tujya gukura mu mva babashyinguye kandi ntabwo tujya turya umuntu urengeje iminsi 3 apfuye.
UKUNTU BAZIKURA IMIRAMBO
Abantu batarya abapfu bibaza uburyo bakura umurambo mu mva igasigara imeze uko yari imize ariko ibyo biroroshye cyane.Buri mucuraguzi wese agira ibitambo ,iyo ageze kumva bikamufata kubera ko hari agati buri mucuraguzi agira kaba karimo imiti dukoresha mukuzikura abapfuye ,niko dukoresha kubakurayo.
Ako gati dukoresha tugakubita ku mva ahagana ku mutwe tuvugiraho ibigambo ngo byuka tugende ,ubwo njye nkatangira kugenda umupfu akankurikira.
Ibyo gucuragura ntibisaba imbaraga kuko hari umuti dukoresha witwa mukembya tuwukoresha mukugendesha umuntu wapfuye agukurikiye asimbukasimbuka n’ibyo baba bamwambitse bimuvaho.Ssande avuga ko nta murambo bafataho ahubwo ngo ave mu mva ahubwo bakoresha umuti maze akava mu mva aho baba bamushyinguye agakurikira umujyanye kugeza aho ashaka kumujyana iyo ahageze agwa hasi bakamubaga.
Muri twe dufite abazi kubaga nkuko ubona mu ibagiro aho babagira inka babigenza.

Buri mucuraguzi amenya aho umuntu yapfuye ku cyaro ndetse usanga aritwe tumenya mbere y’abandi ahapfuye umuntu ,nitwe tuba abambere kujya kuzika kugirango tugenzure amayira turi bunyuremo tumutwaye kumurya.
Nitwe dutanguranwa gucukura imva kugirango tumenye uburebure bwayo no kumenya aho umutwe wumupfu uriburebe kuko iyo tuje imiti tuyitera ku mutwe we akava mu mva iyo uyiteye ahatariho birabahombera akanga kuvamo.
Ibi kugirango bimenyekane ni uko hari abantu babwiye umunyamakuru wa Bukedde dukesha iyi nkuru ko hari abacuraguzi bagiye kujya mu rusengero rwitwa Synagogue rwa Nabbi Samuel Kakande bashaka ko abasengera ibidayimoni bibariho byo kurya abantu bapfuye bibavaho.
Mu bagiye mu rusengero kwa Pastor Kakande niho harimo n’umusaza Ssande w’imyaka 65 ariwe watangaje aya makuru yose.Iyi nkuru ni ndende ariko tuzayikomeza Kuwa 3 icyumweru gitaha .
Byahinduwe mu Kinyarwanda na Muhungu John
3,851 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply